Abatwawe n’uyu mugezi ni abagore batatu n’umusore umwe bari bavuye kubagara umuceri mu Kagari ka Nyamigina, Umurenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi.
Uyu mugezi wabuzuriyeho ubwo bambukiraga ku gice gihuza Umurenge wa Gikundamvura n’uwa Muganza, abaturage bagerageza kubatabara bakuramo babiri bakiri bazima.
Umunyamabanga Nshingabikorwa w’Umurenge wa Gitambi, Manirarora James yabwiye IGIHE ko iyi mpanuka yatewe n’uko abaturage batambukiye ahari ikiraro, asaba abaturage kujya bitwararika.
Ati “Babiri bakuwemo, umusore na nyina, bari bahungabanye cyane bajyanywe ku Kigo Nderabuzima cya Mashesha bari kwitabwaho n’abaganga.”
Gitifu Manirarora yihanganishije imiryango yagize ibyago, yongera gusaba abaturage kujya bambukira ahari ibiraro kuko gushaka inzira z’ubusamo bishobora gukurura ibyago birimo n’urupfu.
Yavuze ko bazakomeza gukangurira abaturage guca inzira zemewe igihe bambukiranya uriya mugezi, haba mu nama bagirana na bo, mu Nteko z’Abaturage n’izindi nama kugira ngo uko bagenda bumva ububi bwabyo bazabicikeho burundu.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!