00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ruhango: Urubyiruko rwasabwe gukorera hamwe mu kwikura mu bukene

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 3 January 2025 saa 11:08
Yasuwe :

Urubyiruko rwo mu Karere ka Ruhango rusoje amashuri yisumbuye rwatungiwe agatoki aho rwamenera kugira ngo ruhangane n’ubushomeri bwugarije rumwe mu rubyiruko hirya no hino mu gihugu, aho rwasabwe kwibumbira mu matsinda rugatizanya ingufu, maze nabo bakerekwa aho amahirwe y’igishoro ari.

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, yagaragaje ko kimwe no mu tundi turere, Ruhango na yo ubu ifite hafi miliyari y’amafaranga agenewe gutera inkunga ibyiciro bitandukanye birimo n’urubyiruko, rurimo n’ururangije amashuri yisumbuye.

Yavuze ko kugira ngo urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye rugaragaze uruhare rwarwo mu iterambere, bikwiye ko rwikuramo ubunebwe rugahera ku gishiro gitoya rwemererwa mu kigega cy’iterambere cya BDF, hanyuma rukayegeranya rukihangira imirimo, kuko abishyize hamwe batizanya imbaraga.

Yagize ati "Leta yashyize muri buri Karere amafaranga hafi miliyari imwe yo gufasha imishinga iciriritse irimo n’iy’urubyiruko, kandi mwiyemeje kuyakoresha ubuyobozi bwababa hafi mu kubashakira amasoko no kubagira inama yo kunoza ibyo mukora,"

"Hano hari amahirwe menshi urubyiruko rwabyaza umusaruro igihe rwakwemera guhuza imbaraga rukagana BDF, rugahabwa inguzanyo ntoya noneho rukishyira hamwe mu matsinda rugakora, niba buri tsinda ry’abantu 10 rihawe miliyoni eshatu, tukagira nk’amatsinda 10 ubwo ni miliyoni 30 Frw y’igishoro, ayo mafaranga yagira akamaro."

Yakomeje amara impungenge uru rubyiriko ko abazamara kwihuza bose bazihutira kumumenyesha maze na we akabafasha kugera kuri ayo mafaranga, bagakora bakazamuka.

Yifashishije urugero rw’amafunguro bafataga mu itorero Meya Habarurema yeretse urubyiruko ko amahirwe yo gukora ari henshi, igikenewe ari ukuyabyaza umusaruro.

Ati "Nk’ubu iyo muba mufite itsinda ryakora amandazi ahagije abanyeshuri b’intore mwese mwitabiriye itorero mwariye, muba mwinjije amafaranga menshi! Birakwiye ko mutekereza mu buryo bwakutse kandi mukemera no guhera ku bintu bito, kuko bigenda bikura."

Urubyiruko rw’Inkomezabigwi na rwo rwemereye ubuyobozi bw’Akarere ko ruzashyira mu bikorwa ibyo rwaganirijwe, harimo no gukora cyane kuko ari indangagaciro igaragaza gukunda igihugu, kandi rukarushaho kuzamura imibereho myiza y’abaturage b’aho ruherereye hose.

Kuri site zose batorejweho uko ari eshatu, haba kuri ES Kigoma, College de Karambi na ES Mukingi, intore 1257 mu 1385 bari bateganyijwe, basoje biyemeje kurwanya ubukene, kwita ku masomo bize, guca bugufi no gukora amatsinda yabafasha gutangira imishinga yabateza imbere.

Ubwo Meya Habarurema Valens, Intore yo ku mukondo mu Karere ka Ruhango, yatumaga Inkomeza ku rugerero.
Abayobozi batandukanye bari bitabiriye umuhango wo gusoza iri torero
Intore z'Inkomezabigwi 1.257 z'Akarere ka Ruhango, ni zo zarangije itorero muri 1.358 zari ziteganijwe gutozwa
Meya Habarurema yasabye urubyiruko gukorera hamwe kugira ngo rwikure mu bukene.
Intore zihagarariye izindi zahize ko zitazatezuka ku mpanuro zahawe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .