00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rubiales wayoboye Ruhago ya Espagne yatangiye kuburana ku byo gusoma umukinnyi ku ngufu

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré
Kuya 3 February 2025 saa 09:48
Yasuwe :

Luis Rubiales wahoze ari Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Espagne, yagejejwe imbere y’ubutabera, aho ashinjwa ihohoterwa yakoreye umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’abagore ya Espagne witwa Jenni Hermoso.

Rubiales ashinjwa kuba yarasomye Hermoso ku ngufu ubwo bishimiraga intsinzi yo gutwara igikombe cy’Isi bahigitse u Bwongereza.

Ni urubanza biteganyijwe ko ruzaba iminsi 16 kuva ku wa 03 Gashyantare 2025. Uyu mugabo akomeje guhakana ibyo aregwa.

Hermoso yavuye muri Mexique aho akinira ikipe yitwa Tigres UANL mu cyiciro cya mbere muri iki gihugu, aza gutanga ubuhamya ku byamubayeho.

Yavuze ko ubwo Rubiales yamusomaga, yamwiciye umunezero w’umunsi mwiza yari agize mu mateka ye, ubwo ikipe ye yari imaze gutsinda, ati "byanyiciye umunsi w’ibyishimo nari ngize mu buzima bwanjye."

Ubwo abakinnyi bishimiraga intsinzi y’amateka Espagne yatsinzemo u Bwongereza ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi cyabereye i Sydney muri Australia mu 2023, Rubiales yafashe Hermoso ku mutwe ahita amwiyegereza maze amusoma iminwa, ibyatumye abantu bacika ururondogoro bamwe bavuga ko bidakwiriye.

Bukeye uyu mukinnyi yavuze ko ibyabaye batabivuganyeho ndetse ko ari ihohoterwa yakorewe, ariko Rubiales we akavuga ko yamusomye babyumvikanyeho hagendewe ku bihe bari barimo icyo gihe byo kwishimira intsinzi.

Abantu benshi ntabwo byigeze bibashimisha kuko bakoze imyigaragambyo basaba ko uyu muyobozi yakwegura, ibyafatwaga nk’amakimbirane yo muri siporo bijya no muri politiki.

Minisitiri w’Intebe wa Espagne, Pedro Sánchez, yavuze ko ibyabaye kuri Rubiales byerekana ko hakiri inzira ndende ku bijyanye n’ubwubahane hagati y’abagabo n’abagore.

Yagize ati “Kubona Rubiales asoma uriya mukinnyi byerekana ko hakiri inzira ndende ku bijyanye no kubahana n’uburinganire n’ubwubahane hagati y’abagore n’abagabo.”

Ubushinjacyaha buri gusabira Rubiales igifungo cy’umwaka umwe ku birego by’ihohotera yakoze asoma Hermoso ku ngufu n’ikindi gifungo cy’umwaka n’igice kandi kubera gukoresha umuntu ikintu adashaka, no gushyira ku gitutu Hermoso kugira ngo yemere ko basomanye babyumvikanyeho, icyakoze Rubiales akabihakana.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, ryahanishije Luis Rubiales guhagarikwa mu bikorwa byose by’umupira w’amaguru mu gihe cy’imyaka itatu.

Rubiales wayoboye Ruhago ya Espagne ari kuburana ku byo gusoma umukinnyi ku ngufu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .