Ibi yabigarutseho ku wa 27 Werurwe 2025 mu muganda udasanzwe w’urubyiruko rw’abakorerabushake bo mu Karere ka Rubavu, wabereye mu Murenge wa Rubavu, Akagari ka Murara wibanze ku bikorwa birimo kubakira abatishoboye ubwiherero n’uturima tw’igikoni.
Ati "Ibibazo biri mu midugudu kandi dukeneye kubirandura dukoresheje urubyiruko, kuba tubafite dufite igihugu cyiza mugikorere, ntawe musiganya ibibazo biracyahari kandi byinshi tugire uruhare mu kubikemura. Ibyaha biracyagaragara kandi murabizi ko ari mwe pfundo ryo kubikumira, mutangire amakuru ku gihe muvuga ibitagenda, mube nyambere mu gukumira no kurwanya ibyaha bikorerwa abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, kubera ibihe tugiye kujyamo.”
Ibikorwa by’umuganda udasanzwe bizamara ibyumweru bibiri, urubyiruko rw’abakorerabushake ruzifatanya n’inzego z’umutekano, iz’ibanze n’abaturage mu bikorwa birimo gusiza ibibanza bizubakwamo inzu, gusana inzu zasenyutse, gukora umuganda ku nzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi n’ibikorwa bigamije gufasha abayirokotse mu 1994 batishoboye.
Uhagarariye Inkeragutabara mu ntara y’Iburengerazuba, Brig. Gen. Rwigema Nelson, ku wa 12 Werurwe 2025 ubwo yatangaga ikiganiro ku mutekano, ubumwe n’ubudaheranwa, mu karere ka Rutsiro, mu mirenge ya Kigeyo, Kivumu na Nyabirasi yibukije abaturage ko ntawakabaye agifite ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse ko n’uyifite ntacyo ateze kuyungukiramo.
Ahamya kandi ko abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside ntacyo bazakuramo.
Ati “Ryaba ari ishyano uyu munsi tugifite abantu bagifite iyo mitekerereze, ndagira ngo mbahwiture dufashe Igihugu natwe twifasha, tubungabunge umutekano w’Igihugu cyacu ari nako duhangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside, uwumva yaramusabitse yayipfana. Abakiyitsimbarayeho bumve ko umugambi wabo utazongera ukundi, kuko umutekano tuwukomeyeho.”
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Wungirije Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Nzabonimpa Déogratias yashimiye ibikorwa by’urubyiruko rw’abakorerabushake, ku ruhare bagira mu guteza imbere no gusigasira ibikorwa igihugu cyagezeho, abasaba kurushaho guhangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!