00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rubavu: Babiri bafatanywe udupfunyika 2000 tw’urumogi

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 23 February 2025 saa 11:23
Yasuwe :

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rubavu yataye muri yombi abagabo babiri bakekwaho kwinjiza mu Rwanda udupfunyika 2000 tw’urumogi barukuye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Bafatiwe mu Mudugudu wa Terimbere, Akagari ka Terimbere, Umurenge wa Nyundo, Akarere ka Rubavu ku wa 22 Gashyantare 2025.

Saa cyenda n’igice z’amanywa ni bwo ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya magendu n’ibindi byaha ryafatiye mu cyuho aba bagabo barimo uw’imyaka 22 n’undi wa 31, bafite utwo dupfunyika tw’urumogi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, SSP Karekezi Twizere Bonaventure, yabwiye IGIHE ko abafatanywe uru rumogi bari barutwaye mu gikapu.

Yongeyeho ati "Ibiyobyabwenge ni bimwe mu biteza umutekano muke kuko bishobora gutera urugomo, ubujura n’ibindi byaha. Kubirwanya ni inshingano ya buri wese kugira ngo igihugu kigire umutekano usesuye. Umutekano uraharanirwa, kandi buri muturarwanda afite inshingano yo kuwusigasira atanga amakuru ku gihe no kwirinda ibikorwa byose bifitanye isano n’ibiyobyabwenge”

SSP Karekezi Twizere yashimiye abaturage batanze amakuru yatumye bafatwa, aboneraho no gushishikariza abaturage muri rusange kwirinda ibyaha bisa n’ibyo.

Mu karere ka Rubavu abagabo babiri bafatanywe udupfunyika 2000 tw'urumogi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .