Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Rubavu, Niyibizi Hubert yavuze ko iyi modoka yo mu bwoko bwa Toyota Landcruiser izabafasha mu bikorwa byo gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ingamba zo kwirinda COVID-19, mu gihe bakodeshaga bigatwara amafaranga menshi.
Ati "Iki ni igikorwa cy’agaciro kuko iyi modoka igiye kudufasha mu guha abaturage serivise nziza mu kugenzura uko ingamba zo kurwanya COVID-19 zishyirwa mu bikorwa. Byadutwaraga amafaranga menshi gukodesha imodoka zitandukanye cyangwa se gushaka iz’abafatanyabikorwa rimwe na rimwe nazo ntiziboneke.’’
Yakomeje avuga ko iyi modoka yaguzwe miliyoni 58Frw zavuye mu misoro akarere kinjije kandi ko umwaka utaha bazakora ikindi gikorwa kivuye mu misoro ya miliyari 3,2 Frw bateganya kwinjiza.
Iyi modoka bitewe n’imiterere yayo, ngo izafasha abayobozi b’Akarere ka Rubavu kugera mu bice by’imisozi miremire, bagenzura uko amabwiriza yo kwirinda COVID-19 yubahirizwa.
Mu 2019 aka Karere nabwo gakoze mu misoro kinjije kaguze imbagukiragutabara kayiha ibitaro bya Gisenyi.
Mu Karere ka Rubavu abarenga ibihumbi 15 bagiye bafatwa barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!