Ni umuhango wabereye muri Greenwich Hotel kuri uyu wa 5 Nzeri 2021, witabirwa n’abarimo Umuyobozi wa Rotary Club mu Rwanda, Dr Manirere Jean d’Amour, Umunyamabanga wa Rotary Club mu Karere ka 9150, Rugera Jeannette, ndetse n’Umuyobozi wa Rotary Club ya Kigali Virunga, Suman Alla.
Rotaract Club ya KIE ni imwe muri Rotaract enye, zihura na Rotary Clubs zirindwi zikubaka Rotary Club y’u Rwanda.
Umuyobozi wa Rotaract ya KIE ucyuye igihe, Musa Kacheche, yavuze ko muri ibi bihe bya CoVID-19, bagowe cyane no kubura abanyamuryango.
Ati “Icyo nsaba Umuyobozi mushya ni ugushyira ingufu mu kongera abanyamuryango no gutegura ibikorwa bifitiye akamaro umuryango Nyarwanda.”
Mihigo yavuze ko uburyo imikorere ya Club yahindutse mu bihe bya COVID-19 byamuhaye isomo rizamufasha muri manda ye.
Yavuze ko azita ku kongera abanyamuryango kandi agashyira imbere ibikorwa biteza imbere imibereho myiza y’Abaturarwanda.
Ati “Mu byo tuzibandaho muri uyu mwaka harimo kurihira abana amashuri, kubakira abaturage uturima tw’igikoni tubarinda imirire mibi, ubukangurambaga bwo kwikingiza no gutanga amaraso ndetse no gutegura imishinga yo kurengera ibidukikije.”
Rotary Club ni umuryango utari uwa Leta ukora ibikorwa by’ubugiraneza nko gufasha abatishoboye, gutanga amazi meza ku baturage, kurwanya indwara z’ibyorezo no gutanga umusanzu mu bikorwa bigamije guteza imbere abaturage.
Uyu muryango kandi ufasha ab’amikoro macye guhanga imishinga iciriritse yatuma biteza imbere, ugatanga imfashanyo y’ibikoresho by’isuku n’ibindi.
Ubusanzwe abanyamuryango b’uyu muryango bahura nibura rimwe mu cyumweru bakaganira kuri gahunda zabo, ariko kuva Covid-19 yagera mu Rwanda, bifashisha ikoranabuhanga.
Dr Manirere yasabye Mihigo gukora cyane kandi agasigasira ibyagezweho.
Ati “Mugakora byinshi, mukaguka ndetse Rotaract Club yanyu dushaka ko nayo yaba Rotary Club. Ibyo bizagerwaho kubera uko mukora cyane.”
Yongeye gushimangira ko kugira ngo umusanzu wabo ugaragare, bisaba ko bishyira hamwe ari benshi, bityo ko gushaka abanyamuryango bigomba gukorwa ubutitsa.







TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!