00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RIB yafunze abayobozi batatu bazira gutanga amasoko ya leta binyuranye n’amategeko

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 21 December 2024 saa 04:27
Yasuwe :

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi abayobozi batatu bo mu Karere ka Rusizi, Nyamasheke ndetse n’undi umwe w’i Kirehe kubera gutanga amasoko ya leta mu buryo bunyuranye n’amategeko.

Aba, ni Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Rusizi, Mbyayingabo Athanase, Umuyobozi Mukuru ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyamasheke, Rutikanga Joseph ndetse n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kirehe, Nsabimana Cyprien.

Aba bagabo bose, bakurikiranyweho icyaha cyo gutanga isoko rya leta mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Bafashwe nyuma y’iperereza rimaze iminsi rikorwa kumitangire y’amasoko mu turere dutandukanye ndetse rirakomeje.

Aba bayobozi bafungiye kuri sitasiyo ya RIB za Kicukiro, Kimihurura n’iya Ntendezi, mu gihe dosiye zabo zikiri gutunganwa kugirango zohererezwe ubushinjacyaha.

Icyaha cyo gutanga isoko rya leta mu buryo bunyuranyije n’amategeko gihanwa n’ingingo y’i 188 y’itegeko N°62/2018 ryo ku wa 25/08/2018 rigenga amasoko ya Leta.

Uhamijwe iki cyaha ahanishwa igifungo cy’imyaka itanu ariko kitarengeje irindwi ndetse n’ihazabu ya miliyoni 2 Frw ariko itaranze miliyoni 5 Frw.

RIB yasabye abantu bafite gutanga amasoko mu nshingano zabo kujya bakurikiza amategeko, kuko kunyuranya nayo ari icyaha gihanwa kandi ko itazadohoka gukurikirana uwo ariwe wese uzagaragarwaho ibikorwa nk’ibyo.

RIB yafunze abayobozi batatu bazira gutanga amasoko ya leta binyuranye n’amategeko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .