Polisi y’u Rwanda yasabye abo bireba bose cyane cyane ibigo bitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, abayobozi b’amashuri n’ababyeyi b’abana, gukora ibishoboka byose kugira ngo bikorwe mu buryo bunoze kandi butekanye.
Hagendewe ku itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA), ingendo z’abanyeshuri biga bacumbikirwa ziteganyijwe kuva ku wa Mbere tariki ya 21 Mata kugeza ku wa Kane tariki ya 24 Mata 2025.
Ku wa Mbere tariki ya 21 Mata hazagenda abanyeshuri biga mu turere twa Ruhango, Gisagara, Ngororero, Musanze, Nyagatare na Gatsibo.
Ku wa Kabiri tariki ya 22 Mata, hazagenda abiga mu turere twa Nyanza, Nyamasheke, Nyabihu, Rubavu, Rulindo, Gakenke, Rwamagana na Kayonza.
Ku wa Gatatu tariki ya 23 Mata, hazagenda abo mu turere twa Huye, Kamonyi, Karongi, Rutsiro, Gicumbi, Ngoma na Kirehe.
Naho ku wa Kane tariki ya 24 Mata, ari nawo munsi wa nyuma, hazagenda abo mu turere twa Muhanga, Nyaruguru, Rusizi, Nyamasheke, Bugesera, Burera, Nyarugenge, Gasabo na Kicukiro.
SP Emmanuel Kayigi, Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yashishikarije ababyeyi b’abanyeshuri kubohereza hakiri kare kugira ngo bibafashe gutega imodoka zerekeza mu turere amashuri bigamo aherereyemo, asaba n’abayobozi b’ibigo gukurikirana ko bahagereye ku gihe.
Ati "Muri iki gihe cyo gusubira ku mashuri kw’abanyeshuri, mu mihanda no muri za gare, haba hari urujya n’uruza rw’imodoka nyinshi zinyuranamo n’abagenzi.”
“Aya mabwiriza ashyirwaho hagamijwe kugira ngo abanyeshuri biborohere kugera aho biga hatabayemo inkomyi, haba kuri bo ndetse no ku bandi bagenzi basanzwe. Turasaba buri wese kuyubahiriza, ababyeyi bohereza kare abana babo, abayobozi b’ibigo bigaho nabo bagakurikirana ko bahagereye igihe, abo batabonye ku munsi wagenwe bakamenya icyabiteye."
SP Kayigi yasabye ba nyir’ibigo bitwara abagenzi mu buryo bwa rusange kubanza kwita ku banyeshuri basubira ku bigo bigaho babafasha gusubirayo mu ituze n’umutekano, yibutsa abashoferi by’umwihariko kwirinda imyitwarire yateza akaga ubuzima bwabo n’ubw’abanyeshuri nko gutwara banyoye, umuvuduko mwinshi n’andi makosa yose ahabanye n’amabwiriza agenga imikoreshereze y’umuhanda.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!