00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Polisi yataye muri yombi umugabo wacuruzaga ibikoresho by’amashanyarazi byibwe

Yanditswe na Twagirayezu Patrick
Kuya 24 February 2025 saa 10:36
Yasuwe :

Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali yatangaje ko yataye muri yombi Uwamungu Smack wafatanywe ibikoresho byo gukwirakwiza amashanyarazi yibye birimo insinga n’ibindi bitandukanye, ibi bikaba byagezweho ku bufatanye n’inzego zirimo n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu, REG.

Uyu mugabo yafashwe ku wa 22 Gashyantare 2025, mu karere ka Gasabo, umurenge wa Bumbogo, akagari ka Nyabikenye, umudugudu wa Masizi.

Umuvugizi wa Police y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire yabwiye IGIHE ko bataye muri yombi Uwamungu wigeze kuba umukozi wa REG, nyuma akaza gusezera akaba yari asigaye acuruza ibikoresho by’amashanyarazi.

Mu gihe Uwamungu yakoreraga REG, yajyaga yiba ibikoresho bitadukanye akabibika iwe, amaze kubona ko bihagije arasezera, n’ubu akaba yari akigura ibindi byibwe.

Ati “Yego, ubu arafunze, twari twarahawe amakuru ko uyu mugabo mu rugo iwe hari ibikoresho byinshi bitandukanye by’amashanyarazi yagiye yiba aho REG yari yarashyize ibikorwa byayo mu bihe bitandukanye, ndetse n’ibindi akabigura n’ababyiba bakabimuzanira, ubu afungiye kuri sitasiyo ya Police i Bumbogo.”

Uwamungu Smack yasanganywe ibikoresho birimo insiga nyinshi, imikandara abakozi ba REG bakoresha burira amapoto n’ibindi bitandukanye, yajyaga abikoresha mu baturage bamuhaga akazi.

Police y’u Rwanda yihanangirije umuntu wese wangiza ibikorwaremezo bikomoka ku mashyanyarazi cyangwa ibindi muri rusange, kuko biba byaratwaye igihugu amafaranga menshi kandi bigamije guteza imbere abaturage.

Polisi ivuga ko umuntu ubyonona atazigera agira agahenge kuko afatwa nk’ushaka kubangamira iterambere ry’u Rwanda.

CIP Gahonzire yagize ati “iyo uciye insinga z’amashanyarazi ushobora kuteza ikizima aho hantu, bikaba byakurura umutekano muke urimo n’ubujura, turihangiriza rero abantu bishora muri izi ngeso tubabwira ko bazafatwa bagahanwa.”

Polisi y’u Rwanda irasaba abaturage kujya batanga amakuru igihe babonye cyangwa bafite amakuru ku bantu bose bangiza ibikorwaremezo kugira ngo bafatwe.

Uyu mugabo yatawe muri yombi binyuze mu makuru yatanzwe n'abaturage
Hari n'ibyo yaguze n'ababyibye ahantu hatandukanye
Bimwe mu bikoresho byari byaribwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .