Nyuma yo gufatwa kuri uyu wa Kane, ukurikiranweho no kugerageza gutanga ruswa yemeye ko ibyo yakoraga bitemewe, anabisabira imbabazi.
Ati “Amavuta nacuruzaga harimo ayemewe n’atemewe, mu by’ukuri bajya kumfata hari mugenzi wanjye wari uyanzaniye, ku bwanjye ndasaba imbabazi kandi n’abandi ndabashishikariza kubireka".
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yavuze ko magendu imunga ubukungu bw’igihugu, anakangurira abantu kureka gucuruza amavuta atemewe kuko baba bakora ibyaha bikomeye.
Ati "Ikigaragara ni uko ibi bintu ari magendu kandi ikaba imunga ubukungu bw’igihugu. Icya kabiri, baracuruza ibitemewe, mukorogo yangiza uruhu, yangiza Abanyarwanda, ntibyemewe. Abantu bari kugerageza gucuruza amavuta atemewe bumve ko bari gukora ibyaha bikomeye”.
Amavuta yahise afatwa abarirwa mu gaciro ka miliyoni enye.
Icyaha cya ruswa akekwaho kiramutse kimuhamye ashobora guhanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka itanu kugera kuri irindwi, n’ihazabu y’amafaranga ashobora kuva ku nshuro ebyiri kugeza ku icumi za ruswa yari atanze.
Mu gihe kandi bose baramuka bahamwe n’icyaha cya magendu, bahanishwa igifungo kitarenze imyaka itanu cyangwa ihazabu ingana na 50% by’agaciro k’ibicuruzwa byakoreweho icyaha cyangwa ibyo bihano byombi.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!