00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Ruto yasabye Loni gushyigikira gahunda ya EAC na SADC yo kugarura amahoro mu karere

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 4 April 2025 saa 02:41
Yasuwe :

Perezida wa Kenya, Dr. William Samoei Ruto, yasabye Umuryango w’Abibumbye gushyigikira gahunda y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika y’Amajyepfo (SADC) yo kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no mu karere muri rusange.

Uyu Mukuru w’Igihugu unayobora EAC, yagejeje iki cyifuzo ku Muyobozi Mukuru wa Loni, Antonio Guterres, mu kiganiro bagiranye ku murongo wa telefoni ku wa 3 Mata 2025, cyibandaga ku butumwa bw’amahoro Abapolisi ba Kenya barimo muri Haiti kuva mu mwaka ushize.

Yasobanuriye Guterres ingamba zafatiwe mu nama yahuje abakuru b’ibihugu bya EAC na SADC tariki ya 24 Werurwe, hifashishijwe ikoranabuhanga, zirimo iz’igihe gito, ikiringaniye n’ikirekire zafasha uburasirazuba bwa RDC n’akarere kubona amahoro.

Muri izi ngamba harimo izigenga uburyo bwo guhagarika imirwano n’ubushotoranyi mu Burasirazuba bwa RDC, korohereza ibikorwa by’ubutabazi n’ibiganiro hagati y’impande zose zifite uruhare mu ntambara yo muri iki gihugu.

Perezida Ruto yagize ati “Nasabye Loni gushyigikira umuhate wa EAC na SADC mu gushyira mu bikorwa inzira iganisha uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku mahoro.”

Nk’uko yakomeje abisobanura, we na Guterres bagaragaje ko bashyigikiye ko akarere kabona amahoro n’umutekano, amakimbirane ibihugu byako bifitanye agakemuka mu buryo burambye.

Perezida Ruto yaganiriye na Guterres kuri telefoni, amusaba gushyigikira gahunda ya EAC na SADC igamije kugarura amahoro mu karere

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .