Amakuru avuga ko Jean-Noël Barrot yahuye na Perezida Tshisekedi, kuri uyu wa Kane, mbere yo gukomereza urugendo rwe i Kigali mu Rwanda aho agomba kuganirira na Perezida Kagame mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, nk’uko byemejwe na RFI.
Uru rugendo, ruje rukirikira ikiganiro kuri telefoni Perezida Macron aherutse kugirana na Perezida Kagame ndetse na Perezida Tshisekedi, cyari kigamije gushaka umuti w’ibibazo biri hagati y’ibihugu byombi.
U Rwanda rwakomeje kugaragaza ko uburyo bwiza bwo gukemura ibibazo biri mu Burasirazuba bwa Congo, ari uko icyo gihugu cyahagarika imikoranire gifitanye n’umutwe wa FDLR wasize ukoze Jenoside mu Rwanda, ukaba ukinafite ingengabitekerezo yo gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda binyuze mu ntambara.
U Rwanda kandi rwakunze kugaragaza ko Leta ya Congo ikwiriye kuganira n’imitwe nka M23 mu rwego rwo gukemura ibibazo by’uburenganzira bw’abaturage b’icyo gihugu bavuga Ikinyarwanda, bakunze kwamburwa uburenganzira bwabo mu gihe kirekire, bakicwa, bagasahurwa kandi ntibigire gikurikirana, ndetse rimwe na rimwe bikagirwamo uruhare na Leta ya Congo nyirizina.
Kubera uku kwimwa uburenganzira bwabo, mu Rwanda hari impunzi zirenga ibihumbi 100 zaturutse muri Congo, ndetse umubare wazo ukomeje kwiyongera cyane ko izi mpunzi zikomeje guhunga ihohoterwa zikorerwa na Leta ya Congo n’imitwe nka FDLR na Wazalendo.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!