Inama y’abaminisitiri iheruka yabaye ku wa 10 Nzeri 2020, ifata ibyemezo birimo ko ingendo zavanywe saa moya z’ijoro kugera saa kumi n’imwe z’igitondo, zisubizwa saa tatu z’ijoro zahozeho mbere.
President Kagame is now chairing a cabinet meeting at Urugwiro Village where #COVIDー19 prevention measures continue to be observed. pic.twitter.com/cHYrimjhLQ
— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) September 25, 2020
Mu zindi ngamba zemejwe harimo ko ingendo zo kujya no kuva mu Karere ka Rusizi mu modoka bwite (Private transport) byemewe, ariko hubahirizwa amabwiriza y’inzego z’ubuzima. Ni kimwe n’ingendo zihuza Intara n’Umujyi wa Kigali, zemewe ku bakoresha imodoka bwite gusa.
Amakoraniro atandukanye yabiherewe uburenganzira harimo inama n’ubukwe, bizakomeza hubahirizwa amabwiriza y’inzego z’ubuzima arimo kwipimisha COVID-19 (abayitabiriye bakiyishyurira ikiguzi cy’iyo serivisi). Umubare wabo ntugomba kurenga 30% by’ubushobozi bwo kwakira abantu bw’aho bateranira.
Uruhushya rutangwa n’inzego z’ubuzima ndetse n’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), habanje gusuzumwa uko amabwiriza y’inzego z’ubuzima yubahirizwa.
Abantu bose bitabiriye ibikorwa by’ubukerarugendo muri Pariki z’Igihugu bagomba kwipimisha COVID-19 kandi bakiyishyurira ikiguzi cy’iyo serivisi.
Icyo gihe byanatangajwe ko izo ngamba zizongera kuvugururwa nyuma y’iminsi 15 hashingiwe ku isesengura ry’inzego z’ubuzima, iyo minsi ikaba irangirana no kuri uyu wa Gatanu.




TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!