00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yatumiye Papa Francis mu Rwanda

Yanditswe na Rabbi Malo Umucunguzi
Kuya 4 April 2017 saa 01:12
Yasuwe :

Perezida Paul Kagame yahaye ubutumire Papa Francis ngo azasure u Rwanda mu minsi iri imbere, ubutumire yamushyikirije mu ruzinduko aheruka kugirira i Vatican mu kwezi gushize.

Perezida kagame yari i Vatican kuwa 20 Werurwe 2017 ku butumire bwa Papa Francis, icyo gihe bakaba baraganiriye ku mubano w’u Rwanda n’icyo gihugu, ndetse uyu mushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi akaba ari uwa mbere wemeye ko hari amakosa Kiliziya yakoze mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi, anayasabira imbabazi.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yavuze ko Perezida Kagame nawe yasabye Papa Francis kuzasura u Rwanda.

Yagize ati “Perezida wa Repubulika yatumiye Papa Francis ngo azasure u Rwanda mu bihe biri imbere, ubwo butumire bwaratanzwe.”

Umushumba wa Kiliziya Gatolika uheruka mu Rwanda ni Papa Yohani Pawulo wa Kabiri wari mu ruzinduko kuva kuwa 7 kugera kuwa 9 Nzeli 1990, akaza na Air France Boeing 747.

Papa Yohani Pawulo wa Kabiri wavutse yitwa Karol Józef Wojtyła, yitabye Imana kuwa 2 Mata 2005, agirwa umutagatifu kuwa Mbere Gicurasi 2011.

Mu bandi bateganya gusura u Rwanda mu minsi iri imbere harimo Minisitiri w’Intebe wa Ethipia, Hailemariam Desalegn.

Perezida Kagame ubwo yakirwaga na Papa Francis i Vatican kuwa 20 Werurwe 2017
Perezida Kagame yatumiye Papa Francis mu Rwanda
Minisitiri Mushikiwabo ubwo yari mu kiganiro n'abanyamakuru kuri uyu wa Kabiri tariki ya 4 Mata 2017 / Ifoto: Mahoro Luqman

Amafoto: Village Urugwiro


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .