Nana Akufo-Addo w’imyaka 76 yatorewe kuyobora Ghana muri manda ya kabiri mu matora yabaye ku wa 07 Ukuboza 2020. Yagize amajwi 51,30% mu gihe John Mahama yasimbuye we yagize amajwi 47,36%.
Perezida Kagame yamushimiye kuri iyi ntsinzi yegukanye yamuhesheje gukomeza kuyobora Ghana mu myaka ine iri imbere, amusezeranya ko nk’umuvandimwe we akaba n’inshuti, bazakorana neza baharanira iterambere ry’abaturage b’ibihugu byombi.
Ati “Ni ikimenyetso cy’icyizere abaturage ba Ghana bagufitiye. Twiteguye gukomeza ubushuti buri hagati y’ibihugu byacu byombi ndetse n’imikoranire iganisha ku iterambere ry’abaturage bacu.”
Congratulations to my brother and friend President @NAkufoAddo on your re-election. It is a testament to the trust the people of Ghana have placed in you. We look forward to continued friendship between our two nations and collaboration towards the prosperity of our people.
— Paul Kagame (@PaulKagame) December 11, 2020
Ghana n’u Rwanda bifitanye umubano wihariye ugamije kunoza imibereho myiza y’abaturage babyo.
Ibihugu byombi byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’ikirere, yatumye kuva ku wa 2 Kamena 2013, Sosiyete Nyarwanda y’Ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir itangira ingendo zigana mu Mujyi wa Accra.
Ingendo za RwandAir zoroheje ubuhahirane hagati y’ibihugu byombi, zinazamura imigenderanire mu bacuruzi n’abashoramari babiturukamo cyane ko mu 2014 Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) rwasinyanye n’Urwego rushinzwe Ubucuruzi muri Ghana amasezerano y’ubufatanye agamije guteza imbere ishoramari mu buhinzi bwa kijyambere, ubukerarugendo, inganda zikora imyenda, ishoramari mu bwubatsi no mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Mu ntangiriro z’ukwezi gushize Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta yabonanye na Perezida wa Ghana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri yari ari kugirira muri iki gihugu.
Mu mwaka ushize, u Rwanda rwafunguye Ambasade muri Ghana, mbere inyungu zarwo zarebwaga na Ambasaderi warwo muri Nigeria.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!