00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yakiriye Abadepite icyenda ba Amerika

Yanditswe na Nshimiyimana Jean Baptiste
Kuya 28 May 2024 saa 05:56
Yasuwe :

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’itsinda ry’Abadepite icyenda bo muri Amerika, baganira ku iterambere igihugu cyagize mu myaka 30 ishize, ndetse n’izindi ngingo zerekeye iterambere ry’umugabane wa Afurika n’Isi muri rusange.

Iri tsinda ry’Abadepite icyenda ba Amerika ryari riyobowe na Depite Bruce Westerman uhagarariye Arkansas, ryaganiriye na Perezida Kagame kuri uyu wa 28 Gicurasi 2024 muri Village Urugwiro.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara rigaragaza ko baganiriye ku ngeri zitandukanye z’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi ndetse n’izindi ngingo zerekeye iterambere rya Afurika n’Isi.

Rigira riti “Perezida Kagame yakiriye itsinda ry’abadepite icyenda bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika bayobowe na Bruce Westerman uhagarariye Arkansas, akaba n’umuyobozi wa komisiyo ishinzwe umutungo kamere mu Nteko Ishinga Amategeko. Ibiganiro byibanze ku mpinduka z’iterambere zabayeho mu myaka 30 ishize, inzego z’ubufatanye ndetse n’ingingo zifitiye akamaro umugabane n’Isi.”

U Rwanda na Amerika bisanganywe ubufatanye mu ngeri nyinshi zirimo guteza imbere ubukungu, uburezi, ubuzima no mu iterambere ry’abaturage mu Kigega cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe iterambere mpuzamahanga (USAID) n’indi mishinga inyuranye.

Perezida Kagame yagaragarije abadepite ba Amerika ku iterambere ry'u Rwanda
Itsinda ry'abadepite bo muri Amerika ryaganiriye na Perezida Kagame ku ngeri z'ubufatanye hagati y'ibihugu byombi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .