00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Omega yishwe avuye mu isoko cyangwa mu Misa? - Senateri Uwizeyimana avuga ku migambi ya FDLR

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 3 February 2025 saa 03:33
Yasuwe :

Impuguke muri politiki zigaragaza ko urupfu rwa Ntawunguka Pacifique (Omega) wishwe na M23 ari kurwana ku ruhande rw’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ari ikimenyetso simusiga kigaragaza ko ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwashyizeho zifite ishingiro, kuko umutwe wa FDLR yabarizwagamo usanzwe ufite umugambi wo gutera u Rwanda.

Ibi byagarutsweho n’impuguke muri politiki, Prof. Tombola Gustave na Sanateri Uwizeyimana Evode ubwo bari kuri Televiziyo y’Igihugu mu kiganiro cyagarutse ku ntambara iri kubera mu Burasirazuba bwa RDC.

Prof. Tombola yavuze ko kuba Omega yarishwe ari kurwana bishimangira ko gukomeza ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwashyizeho bifite ishingiro.

Yavuze ko mu nama izahuza Abakuru b’Ibihugu bo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’abo mu Muryango wa Afurika y’Amajyepfo (SADC) hazagaragara impamvu u Rwanda rudakwiye guterera iyo.

Ati “U Rwanda rugaragaza ko rwugarijwe ari yo mpamvu rufite ingamba z’ubwirinzi. Abo bakuru b’ibihugu nibumva Omega wiciwe ku mupaka, bazumva ko ibyo u Rwanda ruvuga ari ukuri atari nka wa mwana murizi. Ikindi ni uko RDC yarashe mu Rwanda igambiriye kururwanya kuko ntabwo M23 yari ihari yari iri muri RDC ariko barasa mu Rwanda. Ibyo na byo bizumvikanisha ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwari rufite.”

Uwizeyimana Evode na we yunzemo ati “Minisitiri Nduhungirehe yabikomojeho abwira Perezida Ramaphosa ati ‘wowe ufite ingabo ku mupaka wacu kandi nta ngabo zacu ziri ku mupaka wa Afurika y’Epfo’. Aho murahakora iki?”
Senateri Uwizeyimana Evode yakomeje avuga ko Ntawunguka ‘Omega’ atishwe avuye mu isoko cyangwa mu Misa.

Ati “Nonese se Ntawunguka yishwe avuye ku isoko? Yishwe avuye mu Misa se cyangwa yishwe ari ku rugamba?.”

Abo basesenguzi bombi bagaragaje ko umuti w’ibibazo bya RDC wa mbere ari ibiganiro nk’uko byanagiye bigaragazwa n’imiryango itandukanye, ndetse bashimangira ko kuba abakuru b’ibihugu bya EAC na SADC bagiye guhura hazabaho gusasa inzobe.

Ntawunguka Pacifique (Omega) yishwe na M23 ku itariki 25 Mutarama 2025.

Yari umuyobozi w’ishami rya gisirikare rya FDLR rizwi nka FOCA ndetse akaba yarafatwaga nk’ishyiga ry’inyuma ryawo mu kuwuhuza na RDC.

Senateri Uwizeyimana Evode yavuze ko kuba Ntawunguka Pacifique yarishwe ari kurwana ku ruhande FARDC, bishimangira impamvu u Rwanda rukwiriye kugumishaho ubwirinzi bwarwo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .