Aba bombi bakekwaho kunyereza umutungo ungana na 3.308,000 Frw yari agenewe gukurikirana ibikorwa bya VUP mu Mirenge 12 y’Akarere ka Nyaruguru, no gukoresha inyandiko zitavugisha ukuri.
RIB yatangaje ko abakekwa bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kibeho, mu gihe dosiye zabo zirimo gutunganywa kugira ngo zishyikirizwe ubushinjacyaha.
Urwego rw’Ubugenzacyaha ruburira abayobozi bafite mu nshingano zabo gucunga umutungo wa rubanda kubahiriza ibiteganywa n’amategeko, kuko kunyurana nabyo bigize ibikorwa bihanwa n’amategeko, kandi ikibutsa ko idateze kudohoka ku nshingano zo gukurikirana abantu nk’abo bagahanwa.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!