00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyaruguru: Barindwi batawe muri yombi bakekwaho ubujura no kwenga inzoga zitemewe

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 14 February 2025 saa 09:58
Yasuwe :

Mu Karere ka Nyaruguru, Umurenge wa Munini, habaye umukwabu wa Polisi, watahuye abasore barindwi bakekwaho ubujura butandukanye harimo gutega abantu bakabambura, kwiba imyaka ndetse harimo n’uwengaga inzoga zitujuje ubuziranenge.

Byabaye mu gitondo cyo ku wa 14 Gashyantare 2025, mu rwego rwo gukumira no kurwanya icyaha cy’ubujura, kigaragara mu karere ka Nyaruguru.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyeppfo, yabwiye IGIHE ko abatawe muri yombi ari abo mu Murenge wa Munini, mu tugari n’imidugudu itandukanye.

Yavuze ko Polisi yazindutse ibashakisha, igafata abasore 07 bakekwaho ubujura butandukanye harimo gutega abantu bagamije kubambura ibyo bafite, kwiba imyaka ndetse hakaba harimo n’uwengaga inzoga zitujuje ubuziranenge zigira ingaruka nyinshi zirimo guteza umutekano muke, guteza uburwayi butandukanye n’ibindi.

Yagize ati “Ni byo koko, abafashwe ubu bafungiye kuri Sitatiyo ya Polisi ya Kibeho.”

Yashimye ubufatanye bw’abaturage mu gutanga amakuru, akomeza ashishikariza n’abandi bose kutihererana amakuru ku banyabyaha kugira ngo ibyaha bikomeze gukumirwa.

Itegeko riteganya ko umuntu wese uhamijwe n’urukiko iki cyaha ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri n’ihazabu itari munsi ya miliyoni 1 Frw ariko itarenze miliyoni 2 Frw.

Uwahamijwe iki cyaha ashobora gutegekwa gukora imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu.

Muri Nzeri 2024 Raporo y’Urwego rw’Ubucamanza ya 2023/2024, yerekanye ko icyaha cy’ubujura cyiganje mu Nkiko z’u Rwanda muri uwo mwaka w’Ubucamanza, aho inkiko z’u Rwanda zakiriye dosiye 21.326.

Ugereranyije na 2022/2023, usanga ibi byaha byariyongereye kuko muri uwo mwaka urukiko rwari rwakiriye dosiye 9.979.

Barindwi bafashwe bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kibeho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .