00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyaruguru: Abaturage bashyikirijwe Poste de Santé igezweho yatwaye miliyoni 126 Frw

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 16 Werurwe 2023 saa 06:01
Yasuwe :

Umuryango wita ku Buzima (SFH) ku bufatanye na Ambasade y’u Buyapani mu Rwanda, washyikirije abaturage bo mu Karere ka Nyaruguru ivuriro ry’Ibanze ryitezweho gutanga serivisi zitari zisanzwe mu yandi mavuriro mato, ryatwaye miliyoni 126 Frw.

Ni ivuriro ryuzuye ritwaye miliyoni 126 Frw zirimo amadolari ya Amerika 75 401, uyashyize mu mafaranga y’u Rwanda, ni miliyoni zisaga 75 Frw, yatanzwe na Ambasade y’Abayapani mu Rwanda. Ryubatswe mu Murenge wa Nyabimata, mu Kagari ka Ruhinga mu Mudugudu wa Ruhinga.

Iri vuriro rifite umwihariko kuko ribarirwa mu mavuriro mato ariko atanga serivisi z’ubuvuzi zisumbuyeho zirimo kubyaza abagore, ibizamini bya Laboratwari, ubuvuzi bw’amenyo ndetse n’ubuvuzi bw’amaso.

Abaturage bishimiye ko bubakiwe ivuriro hafi kandi rigiye kubafasha mu kugera kuri serivisi z’ubuvuzi bitabasabye gukora urugendo rurerure nkuko byari bimeze.

Dusabimana Alphonsine uri mu bahawe serivisi zirebana n’ubuvuzi bw’amenyo, yavuze ko bigiye kumukiza kujya muri magendo.

Ati “Byari bikomeye pe, umuntu yabonaga kujya ku Munini ari kure ukajya muri magendo. Nagiyeyo inshuro ebyiri zose ariko ntacyo byamfashaga nakomezaga kuribwa. Ubu nabishimye kuko najyaga ku mu Munini hari urugendo runini none habaye hafi.”

Ndereyimana Onésphore utuye mu Mudugudu wa Ruhinga mu Kagali ka Ruhinga, yagaragaje ko nubwo ageze mu zabukuru, abakiri bato bazishimira serivisi zitangirwa kuri iri vuriro.

Ati “Ubu mbyakiriye neza, haba nijoro haba ku manywa, umuntu azajya aza yifuze. Ndashimira Kagame Paul wacu, akunda abaturage cyane”.

Undi muturage wo mu Kagali ka Ruhinga wagaragaje ko yishimiye kubakirwa ibi bikorwa byegerejwe abaturage ni Mushimiyimana Adelphine, wavuze ko byamugabanyirije imvune y’urugendo yakoraga mbere.

Ubusanzwe Akarere ka Nyaruguru gafite ibitaro binini bya Munini, ibigo nderabuzima 16, Poste de Santé 35 mu gihe hifuzwa nibura izigera kuri 20 ngo buri kagari kayigire, bityo abaturage babashe kwegerezwa serivisi z’ubuvuzi.

Abaturage kandi bagaragaje ko kwegerezwa serivisi z’ubuvuzi bisobanura icyizere bagaragarijwe n’igihugu cyane ko kuri bo byari nk’inzozi kubona ibitaro bishobora kubavura mu gihe barwaye badakoze urugendo rurerure.

Ambasaderi w’u Buyapani, Isao Fukushima, yagaragaje ko ibitaro bizagirira inyungu abaturage kandi ko bizakomeza gushimangira umubano mwiza hagati y’u Rwanda n’u Buyapani. Yavuze ko iki gihugu gitanga ubufasha bwa tekinike mu guteza imbere ibikorwa by’ubuvuzi.

Ati “Abantu bose bazabasha kugera ku buvuzi bw’ibanze. Iyi niyo mpamvu turi hano. Nka guverinoma y’u Buyapani, twishimiye gukorana na SFH na Minisiteri y’Ubuzima mu gutanga umusanzu ku iterambere ry’umuturage.”

Umuyobozi wa SFH Rwanda, Gihana Manasse Wandera, yavuze ko gahunda yo kubaka amavuriro y’ibanze kandi agezweho mu gihugu ari icyerekerezo u Rwanda rwihaye kandi hamwe n’abafatanyabikorwa bizagerwaho ku kigero cyiza.

Ati “Nkuko SFH twabyiyemeje, gushyira ivuriro ry’ibanze na serivisi z’ubuvuzi nk’izi muri aka kagali. Iyi ni intego ya guverinoma yacu kandi binyuze mu bufatanye bukomeye n’abafatanyabikorwa nka Ambasade y’Abayapani tubasha kubigeraho.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Munyeshyaka Emmanuel yasabye abaturage gusigasira ibikorwa nk’ibi by’iterambere bibegerezwa ashimangira ko ubuyobozi buzakomeza kubaba hafi.

Abaturage ba Ruhinga bishimiye kwegerezwa ivuriro
Abaturage bishimiye guhabwa serivisi nziza mu mudugudu iwabo
Umuyobozi wa SFH Rwanda Gihana Wandera yavuze ko ibikorwa nk'ibi ari icyerekezo cy'u Rwanda
Ambasaderi w’u Buyapani, Isao Fukushima, yashimye ko abaturage bagiye kubona serivisi z'ubuvuzi ku buryo bworoshye
Meya Dr Munyeshyaka yasabye abaturage gufata neza ibikorwa begerezwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .