00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyarugenge: Polisi yataye muri yombi batatu bakekwaho ubujura bwitwaje intwaro

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 10 March 2025 saa 02:46
Yasuwe :

Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali yatangaje ko yataye muri yombi abantu batatu harimo n’abafatiwe mu cyuho bakurikiranyweho ubujura bwitwaje intwaro no gukomeretsa abaturage mu Kagari ka Gacyamo, Umurenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars yabwiye IGIHE ko abo bantu batawe muri yombi mu minsi ibiri itandukanye hagendewe ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Mu bafashwe harimo Musabyeyezu Dieudonné bahimba Nyabugogo ndetse uyu abaturage bavuga ko yari umujura ruharwa yafashwe ku wa 7 Werurwe 2025.

Hanafashwe Sebanani Emmanuel wafatiwe mu kabari yasinze afata icyuma ashaka kugitera abantu ariko akaba asanzwe ari umujura.

Hari kandi Nsanzumuhire Daniel wafatiwe mu rugo rw’umuturage afite icyuma mu rucyerera rwo ku wa 9 Werurwe 2025.

CIP Gahonzire yavuze ko abo bafashwe nyuma y’uko mu bice bya Gitega hari hamaze iminsi humvikana ubujura n’urugomo aho abaturage bamburwaga bakanakomeretswa n’abajura.

Ati “Ejo bundi hariya i Gitega abajura binjiye mu kabari bambura amatelefone abarimo banywa bagize ngo babakurikre babatera amacupa y’inzoga barabakomeretsa. Mu minsi ishize kandi muri ako gace abakobwa bambuwe amatelefone, abasore bagiye kubakiza abajura babatera ibyuma harimo n’ukiri kwivuza.”

Uyu Muvugizi yavuze ko Polisi yahagurukiye ubwo bujura n’urugomo kugira ngo abo bikekwaho bose bafatwe by’umwihariko mu duce twa Nyakabanda na Gitega kandi ko kuva batangira guhigisha uruhindu abakekwaho urwo rugomo byacogoye.

Magingo aya abarenga 30 bakekwaho urugomo bamaze gutabwa muri yombi.

Yasabye abaturage gutanga amakuru ku wo bakeka wese mu bikorwa nk’ibyo kandi ko abahungabanya umutekano n’ituze by’abaturage aho ari ho hose batazihanganirwa.

Aba basore bakekwaho ubujura bwitwaje intwaro no gukomeretsa abaturage

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .