Byabaye mu masaha y’igicuku cy’ijoro rishyira ku wa 25 Kamena 2025, ubwo uyu mugabo yatagerezaga ko umugore we ataha, akamubura. Byageze Saa Sita z’ijoro yakira amakuru ko umugore we ari kumwe n’undi mugabo, ukekwaho kumusambanya.
Amakuru avuga ko uyu mugabo ushinjwa gusambanya umugore w’abandi, atuye mu Karere ka Bugesera nubwo avuka i Nyagisozi, gusa ngo yari amaze iminsi ibiri, yarakodesheje inzu muri aka gace.
Bivugwa ko uyu mugabo yari asanzwe afitanye ubucuti bw’ibanga n’uyu mugore. Ndetse muri iryo joro aba bombi bari kumwe.
Nyakwigendera ngo akibasangana habayeho intonganya zikomeye maze uwo mugabo, amukubita ifuni mu mugongo, arapfa.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyagisozi, Habinshuti Syldio yabwiye IGIHE ko bikiba, inzego z’ibanze n’iz’umutekano zahise zitabara zihanganisha umuryango ndetse zigeza n’umurambo kwa muganga ngo ukorerwe isuzuma.
Ati ‘‘Umurambo wajyanywe ku Bitaro bya Nyanza, gukorerwa isuzuma, naho abakekwaho kugira uruhare muri uru rupfu yaba umugore wa nyakwigendera ndetse n’ukekwaho kuba inshoreke batawe muri yombi, kugira ngo bakorweho iperereza.’’
Gitifu yakomeje asaba abaturage kutajya bihererana ibibazo, ahubwo bakabishyira ahabona kugira ngo bishakirwe ibisubizo bidasabye ko bigera ku mfu, kuko zigira ingaruka nyinshi.
Nyakwigendera n’umugore we bari bafitanye abana bane barimo uw’imfura w’imyaka 20 na ho umuto akaba afite imyaka irindwi.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!