00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyanza: Uwigeze gufungirwa Jenoside yatawe muri yombi akekwaho ingengabitekerezo yayo

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 14 April 2025 saa 02:49
Yasuwe :

Umugabo w’imyaka 57 wo mu Karere ka Nyanza, yatawe muri yombi akekwaho icyaha cy’ingengabiterezo ya Jenoside, nyuma yo kubwira umwana w’imyaka 17 ko yamutema akamujugunya mu mugezi wa Mwongo nk’uko yabikoze muri Jenoside.

Uyu mugabo utuye mu Murenge wa Nyagisozi, mu Kagari ka Rurangazi, Umudugudu wa bikekwa ko yavuze amagambo arimo ingengabitekerezo ya Jenoside ku 7 Mata 2025.

Yabwiye umwana ko yamutema akamujugunya mu mugezi wa Mwogo nk’uko yabikoze uwitwa Makabuza wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Uwo mwana, ababyeyi be barokotse Jenoside.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme, yabwiye IGIHE ko uyu muturage akimara kubivuga ngo abayobozi b’isibo batuyemo, bashatse kubunga banamuca icyiru ariko ntiyagitanga, bituma uwo mwana ajya kumurega ku kagari, maze amakuru ahita amenyekana bamuta muri yombi ku wa 11 Mata.

Ati “Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Sitasiyo ya Nyagisozi, rwatangiye kumukoraho iperereza no gukora idosiye.’’

RIB itangaza ko dosiye 82 z’abakurikiranyweho ibyaha birimo ingengabitekerezo ya Jenoside n’ivangura no gukurura amacakubiri arizo yakiriye mu cyumweru cyo Kwibuka.

Umugabo wari uherutse gufungurwa kubera icyaha cya Jenoside, yatawe muri yombi akekwako ingengabitekerezo yayo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .