00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyanza: Umwarimu yasanzwe mu mugozi yapfuye

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 16 February 2025 saa 08:35
Yasuwe :

Umwarimu wigishaga mu ishuri rya GS Rubona witwa Ngirinshuti François w’imyaka 46, utuye mu Mudugudu wa Kabuga, Akagari ka Nyabinyenga, mu Murenge wa Cyabakamyi mu karere ka Nyanza, yasanzwe mu mugozi iwe mu nzu yapfuye, bigakekwa ko yaba yiyahuye.

Ibi byamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa 16 Gashyantare 2025, bibonywe n’umugore we wari kumwe na mugenzi we wundi, atashye mu rugo avuye ku kazi mu Murenge wa Muyira, mu Karere ka Nyanza.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme, yemereye IGIHE iby’uru rupfu, avuga ko uyu mwarimu yari yaratanye n’umugore we wa mbere, ashaka uwa kabiri na we wari umwarimukazi mu Murenge wa Muyira.

Ubusanzwe, aba bombi bari barasize urugo rwabo bwite rwari i Nyabinyenga kuko umugabo yari acumbitse hafi y’ishuri yakoreraga rya GS Rubona, mu Kagari ka Rubona, mu Murenge wa Cyabakamyi, mu gihe umugore na we yabaga i Muyira bagahura mu mpera z’icyumweru.

Ngo mbere y’uru rupfu, ku wa 15 Gashyantare, Nyakwigendera Ngirinshuti yari yahamagaye wa mugore we muto, amusaba kuzaza kumureba mu rugo rukuru i Nyabinyenga.

Ubwo yageraga mu rugo rero kuri uyu wa 16 Gashyantare 2025, ari kumwe n’undi mugore, ngo batunguwe no gusanga umugabo we amanitse mu mugozi mu rugo yapfuye.

Meya Ntazinda ati “Iperereza ryatangiye kugira ngo hamenyekane icyateye uru rupfu.”

Umwarimu wo Murenge wa Cyabakamyi yasanzwe mu mugozi yapfuye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .