00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyanza: Habonetse umurambo w’umusore bikekwa ko yishwe n’abagizi ba nabi

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 24 April 2024 saa 08:41
Yasuwe :

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 23 Mata 2024, mu Mudugudu wa Nyagatovu, Akagari ka Kavumu, mu Murenge wa Busasamana , mu Karere ka Nyanza, hagarahagaye umurambo w’umusore witwa Hakizimana Francois yapfuye.

Ni inkuru yamenyekanye mu masaha y’igitondo biturutse ku muntu wahanyuze, abona uyu musore Hakizimana François aryamye hasi iruhande rw’igiti yashizemo umwuka.

Uwamubonye yavuze ko yari aryamye nta gikomere afite ku mubiri.

Amakuru ava mu bari bamuzi avuga ko mu masaha ya saa tatu z’ijoro ryo kuwa Mbere yari mu kabari anywa inzoga, akiri muzima.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme, yemereye IGIHE iby’aya makuru.

Ati’’Nta kintu kiragaragara cyamwishe, gusa iperereza ryatangiye ngo barebe ko babona impamvu. RIB yatwaye umurambo ngo bajye kuwusuzuma.’’

Ubusanzwe uyu Nyakwigendera wari ufite imyaka 23 yakoraga akazi ko mu rugo, akaba yavukaga mu Karere ka Nyanza,Umurenge wa Nyagisozi, Akagari ka Kirambi, mu Mudugudu wa Gasharu.

Ibiro by'umurenge wa Busasamana muri Nyanza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .