00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyanza: Abakora mu nzego z’uburenganzira bwa muntu bishimiye kongererwa ubumenyi

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 17 May 2025 saa 03:34
Yasuwe :

Abagize inzego zitandukanye zikurikirana ibirebana n’uburenganzira bwa muntu mu Rwanda, basoje amahugurwa ajyanye n’akazi kabo, biyemaza kuzamura ibipimo by’uburenganzira bwa muntu mu Rwanda.

Ni amahugurwa y’iminsi itatu yasojwe ku wa 16 Gicurasi 2025, yateguwe na Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST), ifatanyije n’Ishuri Rikuru ryo Kwigisha no Guteza imbere amategeko (ILPD).

Umukozi muri MINIJUST, Ushinzwe Ubutabera Mpuzamahanga, Ndengeyinka William, yavuze ko aya mahugurwa y’ibanze ku masezerano mpuzamahanga u Rwanda ruba rwarashyizeho umukono rukayemeza burundu, haba ku rwego mpuzamahanga no ku rwego rw’Afurika, harebwa uburyo inshingano ziyakubiyemo zubahirizwa mu gihugu, ndetse no kubaka uburyo bwisumbuye bw’imikoranire hagati y’inzego zitandukanye kugira ngo hanozwe ishyira mu bikorwa ryayo.

Yagaragaje kandi ko wabaye umwanya mwiza wo kwinjiza mu nshingano abashinzwe igenamigambi mu bigo, kugira ngo bajye bagira uruhare mu bisabwa gukorwa.

Ati “Ubusanzwe twari dusanganywe imboni z’uburenganzira bwa muntu mu bigo byaba ibya Leta n’ibyigenga, ariko umwihariko twashakaga gushyiraho ni ukwinjizamo n’abashinzwe igenamigambi muri ibyo bigo, kuko twasanze ibikenewe mu gushyira mu bikorwa ibijyanye n’uburenganzira bwa muntu ari bo babitanga. Byabaye rero ibintu byiza kuko twari dukeneye inararibonye ryabo muri byo, aho kugira ngo bibiture hejuru babibwirwa n’abanyamategeko gusa.”

Ndengeyinka, yagaragaje kandi ko wabaye n’umwanya mwiza wo guhuza imyumvire mu kumenya gutegura raporo zigaragaza uburyo ayo masezerano ashyirwa mu bikorwa kugira ngo zijye ziba zitunganye kuri bose.

Umunyamategeko Shenge Laurent uri mu bahuguwe yavuze ko aya mahugurwa yabaye ikintu cyiza cyatumye inzego zitandukanye zungurana ibitekerezo ku burenganzira bwa muntu kuko baba batabifiteho imyumvire imwe.

Yavuze ko ubusanzwe igihugu kigira inshingano eshatu zijyanye n’uburenganzira bwa muntu zirimo kuburinda, kubwubahiriza no gutanga uburyo bwo kubushyira mu bikorwa.

Yagaragaje ko kuganira ku nshingano za buri rwego rwaba urwa Leta na sosiyete sivile bakanahana amakuru yaba ay’imibare ikenewe, byose biri mu byubaka umwuka mwiza w’imikoranire.

Ati “Aya mahugurwa yari ahuje inzego zose, ndetse twifuje ko ubu bumwe bwagumaho hakabaho ubufatanye, ku buryo abantu bahanahana amakuru, urwego rumwe ntirusabe amakuru ahandi ngo bayabime kandi bose bakorera igihugu.”

Umuyobozi Ushinzwe Amasomo muri ILPD, Bangayandusha Viateur, yashimiye umurava w’abitabiriye aya mahugurwa, abasaba kuzamura isura nziza y’u Rwanda mu burenganzira bwa muntu, binyuze muri raporo bazajya bakora zishingiye ku bimenyetso bihamye ndetse n’imibare.

Muri aya mahugurwa kandi, habayeho n’umwanya wo gusura Igororero Mpuzamahanga rya Nyanza ryubatse i Mpanga, aharebwe uko uburenganzira bw’abahagororerwa bwubahirizwa.

Umuyobozi Ushinzwe Amasomo muri ILPD, Bangayandusha Viateur, yasabye abitabiriye aya mahurwa kuzamura urwego rwa raporo z'uburenganzira bwa muntu zakorwaga
Abasoje amahugurwa banahawe impamyabushobozi
Umukozi muri MINIJUST, Ngengeyinka William, ashyikiriza impamyabumenyi umwe mu basoje amahugurwa
Abahuguwe barimo ibyiciro byinshi birimo n'abasirikare
Umukozi muri MINIJUST, Ndengeyinka William, yavuze ko aya mahugurwa agamije kwinjiza neza mu nshingano inzego zishinzwe ibikorwa biteza imbere uburenganzira bwa muntu mu bigo bitandukanye
Me Laurent Shenge (uri hagati) usanzwe ari umwarimu muri Kaminuza y'u Rwanda, ubwo yashyikirizwaga impamyabushobozi
Abasoje amahugurwa ku burenganzira bwa muntu batahanye umugambi wo kujya basangira amakuru n'imibare mu byo bakora byose

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .