00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyange ya Ngororero, agace kabumbatiye amateka y’ubugwari n’ubutwari by’Abanyarwanda

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 18 May 2025 saa 04:41
Yasuwe :

Abasura agace ka Nyange mu Murenge wa Nyange, mu Karere ka Ngororero, mu Ntara y’Iburengerazuba batungurwa n’uburyo hari igice kimwe, kirimo ahabaye ubwicanyi ndengakamere, Abatutsi bari bahahungiye bagasenyerwaho Kiliziya, nyuma gato hakanagaragara abana b’intwari ku gasozi birebana.

Ni ibintu bavuga ko bishushanya urupfu n’izuka ry’u Rwanda, ari na byo bitanga icyizere ko u Rwanda ruzakomeza kubaho kubera imiyoborere myiza rufite.

Mu gihe cya Jenoside, Abatutsi bari bahungiye kuri Paruwasi Gatolika ya Nyange, bagabweho ibitero n’Interahamwe ngo zibiciremo bibanza kugorana kubera kwiranaho.

Nyumwa Padiri Seromba Athanase afatanya na Kayishema Fulgence, Burugumesitiri wa Komini Kivumu witwaga Ndahimana Grégoire n’umucuruzi wo ku Kivumu witwaga Gaspard Kanyarukiga biyemeza kubasenyeraho Kiliziya.

Babanje gushaka kuyitwika biranga, bakoresha intambi zimena amabuye biranga, nyuma Padiri Seromba yigira inama yo gukoresha ibimashini byakoraga umuhanda wa Muhanga-Karongi, ku wa 16 Mata 1994, uba inzozi mbi cyane ku Batutsi bari bahahungiye.

Mu myaka itatu yakurikiyeho, abana bigaga mu ishuri ryisumbuye ry’i Nyange, ku gasozi gateganye n’ahari Paruwasi, humvikanye indi nkuru yatanze icyizere cyo kongera kubaho k’ubumwe bw’Abanyarwanda.

Mu ijoro ryo ku wa 18 Werurwe 1997, abacengezi babagabyeho igitero bakabategeka kwitandukanya, Abahutu ukwabo n’Abatutsi ukwabo, abana baba ibamba mu mvugo yuje indangagaciro y’ubumwe bati "Twese turi Abanyarwanda".

Muri icyo gitero cyamaze iminota 30, abacengezi bahise banyuza gerenade ebyiri mu idirishya zica abanyeshuri bamwe, abandi barakomereka.

Ni ubutwari bwatangaje benshi kuko muri aba harimo abavuye i Kigali, i Rusizi, i Rubavu n’ahandi, ariko biyemeza kuba umwe.

Mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, abo muri Kaminuza Gatorika y’u Rwanda (CUR), biyemeje kujya gusura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyange ndetse n’Igicumbi cy’Intwari z’Imena cya Nyange, basangizwa kuri ayo mateka.

Umwe mu banyeshuri ba CUR, yabajije impamvu yatumye aba bana bagira umutima uhuje wo gushimangira ko ari Abanyarwanda imbere y’intwaro.

Umuyobozi mu Rwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta z’Ishimwe (CHENO), Rwaka Nicolas, yasobanuye ko abo bana bari baramaze kwibonera ko nta Munyarwanda n’umwe wigeze yungukira muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Bari bariboneye neza uko amacakuburi yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi n’uburyo yasenye igihugu, bituma bayazinukwa, bahitamo guhamya Ubunyarwanda.”

Uwamahoro Sylvie wiga muri CUR, yavuze ko aya mateka ahabanye y’imisozi ibiri iteganye ishushanya ibiragano bibiri by’u Rwanda rw’umwijima n’urw’umucyo.

Ati “Nyange ni ikimenyetso cy’u Rwanda rushya kuko bagaragaje ko ‘Ndi umunyarwanda’ ishoboka nyuma ya Jenoside yasenye ubumwe bwabo, ni isomo rikomeye rikenewe na buri wese.”

Umuyobozi wa CUR, Padiri Dr. Laurent Ntaganda, yavuze ko Abanyarwanda bose by’umwihariko urubyiruko bakwiye gufatira urugero ku Ntwari z’Imena z’i Nyange, bakima amatwi amacakubiri.

Ahari Urwibutso rwa Jenoside rwa Nyange ni ho hahoze Kiliziya. Urwibutso rushyinguwemo abasaga 8000 bishwe muri Jenoside barimo n'abiciwe muri iyo Kiriziya
Zimwe mu nkuta zari iza Kiliziya ya Nyange zasenywe n'imashini zikora imihanda, ku itegeko rya Padiri Seromba
Jenoside yabaye mu cyari Kibuye na Gisenyi amateka agaragaza ko yatangiye kera kuko na mbere ya 1994 Abatutsi bamye bicwa bagatabwa muri Nyabarongo
Bimwe mu bikoresho abiciwe mu Kiliziya ya Nyange bicanywe
Bimwe mu byuma byari bigize amadirishya ya Kiliziya y'i Nyange, Padiri Seromba yasenyeyeho Abatutsi ngo abarimbure
Nyuma y'imyaka 24, Kiliziya ya Nyange isenywe na Padiri Seromba Athanase, ni bwo ab'i Nyange bongeye gushumbushwa indi nshya
Nyuma y'imyaka 24, Kiliziya ya Nyange isenywe na Padiri Seromba Athanase, mu 2018 ni bwo ab'i Nyange bongeye gusengera muri Kiliziya nshya yubatswe ahandi kuko aha mbere ho hubatswe urwibutso
Nyuma yo gusura Urwibutso rwa Nyange n'Igicumbi cy'Intwari, abanyeshuri ba CUR, basanga ubugwari bwa Padiri Seromba n'Interahamwe bafatanyije bwaratsinzwe n'ubutwari bw'abana b'i Nyange
Ubutwari bw'abana b'i Nyange bufatwa nko kongera kuzuka k'ubumwe nyuma ya Jenoside yari yabusenye
Uwamahoro Sylvie wiga muri CUR, yavuze ko amateka ahabanye y’imisozi ibiri iteganye y'i Nyange, ashushanya ibihe bibiri by’u Rwanda rw’umwijima n’urw’umucyo
Umukozi w'urwibutso rwa Jenoside rwa Nyange, Sugira Déo yagaragaje ko byasabye imyaka 24 ngo abantu bongere guturira igitambo cya misa i Nyange, kuko Kiliziya ya mbere yari yarasenyutse

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .