00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyamasheke: Umusaza w’imyaka 80 yasanzwe mu mugozi yapfuye

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 20 February 2025 saa 08:16
Yasuwe :

Umusaza witwa Ndutiye Dionise w’imyaka 80 yasanzwe mu mugozi yapfuye nyuma y’aho abaturage bari biriwe bamwumva asaba Imana kumurinda kwiyahurira mu Kiyaga cya Kivu.

Byabereye mu Mudugudu wa Kabageni, Akagari ka Ninzi Umurenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke, ku wa 19 Gashyantare 2025.

Saa Yine z’Ijoro ni bwo ababanaga n’uyu musaza bamusanze yikingiranye mu cyumba cye, ubwo abandi bari bakiri hanze batararyama, basanga amanitse mu mugozi w’ikiziriko cy’amatungo yapfuye.

Umugore wa nyakwigendera yavuze ko nta makimbirane bari bafitanye, ibinemezwa n’ubuyobozi bw’umudugudu wa Kabageni bwavuze ko nta kibazo cy’amakimbirane yo muri urwo rugo bwigeze bwakira.

Abaturanyi b’uyu muryango bavuga ko uwo musaza kumanywa yiriwe asaba Imana kumurinda kujya kwiyahura mu Kivu, bakayoberwa impamvu ituma avuga ibyo.

Saa 18:30 z’umugoroba Ndutiye yavuye mu rugo asa n’ugiye ku Kivu baramugarura babona asa n’uwahinduye ibitekerezo byo kujya kwiyahura mu kiyaga.

Bamugaruye bamushyize imbere mu nzu mu cyumba cye barakinga kugira ngo atagira aho ajya, nyuma basanga yimanitse yapfuye.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mupenzi Narcisse, yabwiye IGIHE ko aya makuru bayamenye ndetse ko Urwego rw’Ubugenzacyaha n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bagezeyo umurambo wa nyakwigendera ujyanwa ku Bitaro bya Kibogora gukorerwa isuzuma.

Ati “Ibimenyetso biragaragaza ko yiyahuye ndetse umuryango we wamaze no kumushyingura. Twihanganishishe umuryango we tunasaba abantu ko igihe babona ibimenyetso by’uko umuntu ashobora kwiyahura, bajya babimenyesha ubuyobozi n’abaturanyi kugira ngo bikumirwe kuko hari n’igihe aba ari uburwayi bwo mu mutwe ku buryo abaganga bamufasha”.

Nyakwingendera Ndutiye yari yarashakanye byemewe n’amategeko na Nyiramaringoti Josephine w’imyaka 70. Babyaranye abana 8, akaba yabanaga n’umugore we, umwana wabo witwa Iradukunda François w’imyaka 24 n’abuzukuru babo babiri bato.

Umusaza w'i Nyamasheke yasanzwe mu mugozi yapfuye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .