00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyamasheke: Umusaza w’imyaka 60 birakekwa ko yiyahurishije umuti wica imbeba

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 11 February 2025 saa 07:31
Yasuwe :

Ngirinshuti André wo mu Karere ka Nyamasheke yitabye Imana nyuma yo kunywa umuti wica imbeba, aho bikekwa ko yiyahuye nyuma yo kuribwa n’ikiryabarezi.

Byabereye mu Mudugudu wa Rwinkuba, Akagari ka Gashashi, Umurenge wa Karengera.

Tariki 5 Gashyantare 2025, nibwo ubuyobozi bw’Umurenge wa Karengera bwahawe amakuru ko uyu musaza w’imyaka 60 yanyoye umuti wica imbeba.

Icyo gihe yahise ajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Karengera agezeyo bamwohereza ku Bitaro bya Bushenge ari naho yaje kugwa mu mpera z’icyumweru gishize.

Hari amakuru avuga ko uyu musaza yanyoye uyu muti agamije kwiyahura nyuma yo kuribwa n’ikiryabarezi ibihumbi 250Frw, yajya mu rugo gushaka andi miliyoni 3Frw agasanga umugore we yayimuriye mu bundi bubiko atazi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karengera, Bigirabagabo Moïse yabwiye IGIHE ko umuryango wa nyakwigendera ntacyo wigeze utangariza ubuyobozi ku cyateye uyu musaza kunywa umuti wica umuti w’imbeba.

Ati "Ibiryabarezi nta bihari, icyari gihari twagifashe mu kwezi gushize. Ubutumwa twaha abaturage ni ukwirinda kwiyambura ubuzima kuko ubuzima butangwa n’Imana ninayo ibwisubiza, ikindi tubasaba ni ugukura amaboko mu mifuka bagakora, bakirinda kwitega ibyo batavunikiye, icya gatatu ni uko bajya batangira amakuru ku gihe igihe".

Umurambo wa nyakwigendera kugera ku wa 10 Gashyantare 2025 wari ukiri mu Bitaro bya Bushenge.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .