00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyamasheke: Umugore ashinjwa guhuhura umugabo we wari urwariye mu rugo

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 4 April 2025 saa 07:00
Yasuwe :

Abana b’umugabo w’imyaka 57 y’amavuko wo mu Karere ka Nyamasheke, ntibavuga rumwe na nyina ku cyishe Se wari umaze amezi umunani arwariye mu rugo.

Byabereye mu Mudugudu wa Kirombozi, Akagali ka Mpumbu, Umurenge wa Bushekeri ku wa 2 Mata 2025.

Umurambo washyinguwe ku gicamunsi cyo ku wa 3 Mata 2025. Ari ku irimbi ahaberaga imihango yo gushyingura, umwana wa Nyakwigendera ufite imyaka 22, yabwiye IGIHE ko akeka ko se yishwe na nyina.

Ati “Dushingiye ku byo twabonesheje amaso yacu, twebwe (abana ba nyakwigendera) turibaza ngo yaba ari mama wamwishe?”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Bushekeli, Habarurema Cyprien, yabwiye IGIHE ko nyakwigendera yishwe n’indwara yari amaze igihe arwaye ndetse ko abavuga ko yaba yishwe n’umugore we ari ibihuha bituruka ku makimbirane uyu muryango wari ufitanye.

Abaturanyi babonye umurambo wa nyakwigendera mbere y’uko ushyingurwa bavuga ko wari ufite ibikomere ku itako no mu mugongo ari na ho havuye inkuru y’uko yishwe atazize uburwayi.

Bimenyimana André ushinzwe umutekano mu mudugudu avuga ko uyu muryango wari ufitanye amakimbirane ashingiye ku mutungo kuko nyakwigendera yahaye umunani abana be, umugore we akarandura imihati adashaka ko abana bahabwa iminani.

Umuryango wa Nzeyimana uvuga ko yari arwaye igituntu n’impyiko. Yasize umugore n’abana umunani.

Umugore wo mu karere ka Nyamasheke arashinjwa n'abana be kwica umugabo we

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .