00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyamasheke: Mudugudu yatemewe ibiti bya kawa, hakekwa uwo yatanzeho amakuru agafungwa

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 8 April 2025 saa 10:16
Yasuwe :

Mwitirehe Damas uyobora Umudugudu wa Museke, yatangaje ko yageze mu gipimo cya kawa agasanga ibiti 34 byatemwe, agakeka ko byakozwe n’uwo yatanzeho amakuru agafungirwa ibyaha byo gukubita umugore we.

Tariki 7 Mata 2025, nibwo Mwitirehe Damas uyobora Umudugudu wa Museke, Akagari ka Kigoya mu Murenge wa Kanjongo yageze mu ikawa ze asanga ibiti 34 byatemwe ahita abimenyesha ubuyobozi bumukuriye.

Mwitirehe yabwiye IGIHE ko uwo akeka ari Ngirabakunzi kubera ko uwo Ngirabakunzi ubwo aheruka gufungwa yakubise umugore we ngo yagiye abyigamba ko narekurwa azatema kawa za Mudugudu cyangwa akamwicira amatungo.

Ati “Impamvu ari we nkeka ni uko yabivugiye imbere y’abaturage. Ni umuntu usanzwe ahoza ku nkeke umugore we, aherutse kumukubita umugore aradutabaza dutanga amakuru inzego zibishinzwe zimuta muri yombi.”

Izi kawa zatemwe nyuma y’aho Ngirabakunzi yari amaze ukwezi afunguwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanjongo, Kanyogote Juvenal yabwiye IGIHE ko iki kibazo bakimenye ndetse ko ukekwa akirimo gushakishwa.

Ati “Ikibazo twarakimenye, ukekwa ntabwo araboneka. Turacyamushakisha dufatanyije n’izindi nzego.”

Amakuru y’itemwa ry’ibi biti bya kawa akimenyekana Polisi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, bageze aho cyabereye busaba abaturage kwirinda amakimbirane, bakabana mu mahoro ugize ikibazo akegera ubuyobozi bukamufasha kugikemura.

Mu karere ka Nyamasheke, umuyobozi w'umudugudu yatemewe ibiti bya kawa 34

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .