00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyamasheke: Abo ku Kirwa cya Kirehe basabwa kwambuka Ikivu ngo babone amazi meza

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 12 March 2025 saa 09:37
Yasuwe :

Abatuye ku Kirwa cya Kirehe giherereye mu Kiyaga cya Kivu ku ruhande rw’Akarere ka Nyamasheke bavuga ko babangamiwe no kuba kuri iki kirwa nta mazi meza ahari, ibituma bambuka Ikiyaga cya Kivu bajya kuvoma abatabishoboye bakanywa amazi y’iki kiyaga.

Ikirwa cya Kirehe giherereye mu Mudugudu wa Kirehe, Akagari ka Rugali Umurenge wa Macuba Akarere ka Nyamasheke. Ni ubutaka buzengurutswe n’amazi y’Ikiyaga cya Kivu butuyeho abarenga 1160.

Abatuye kuri iki kirwa bishimira ko begerejwe uburezi bw’ibanze bw’imyaka icyenda ariko bakavuga ko hari byinshi bikibangamiye imibereho yabo birimo no kuba amazi meza atarabegerezwa.

Niyonkuru Paul w’imyaka 25 yabwiye IGIHE ko bitewe no kuba nta mazi meza ari kuri iki kirwa bafata ubwato bakajya kuvoma hakurya abatabishoboye bakanywa amazi yo mu Kivu.

Ati “Kumywa amazi y’Ikiyaga cya Kivu bitugiraho ingaruka zirimo impiswi n’inzoka”.

Mukakiraro Thacienne w’imyaka 70 washakiye ku Kirwa cya Kirehe avuga ko mu mpera z’icyumweru atuma abuzukuru be kuvoma amazi yo kunywa hakurya y’Ikiyaga cya Kivu indi minsi agakoresha amazi y’iki kiyaga.

Ati “Tuvoma ijerekani yo kunywa ikamara icyumweru. Indi mirimo isaba amazi nko guteka, kumesa dukoresha ayo mu Kivu cyangwa tukavoma ku ishuri, hari ibigega byinshi baraduha”.

Singwana Simeon w’imyaka 30 wavukiye kuri iki kirwa ati “Udafite imbaraga ngo ufate ubwato ntabwo ushobora kubona amazi meza. Umuntu utazi kuvugama (kugashya) ashobora kuhagenda amasaha atatu, ariko ubizi akoresha isaha n’igice, ugateganya ngo amadomoro abiri ndazana azamara ibyumweru bibiri”.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mupenzi Narcisse, yabwiye IGIHE ko ikibazo cyo kuba Ikirwa cya Kirehe kidafite amazi meza nk’akarere bakizi, ndetse ko bari gukemura ikibazo cy’amazi ku birwa byo muri aka karere bahereye ku kirwa cya Mushungo.

Ati “Hari umufatanyabikorwa uri kudufasha kugira ngo abatuye ku birwa babone amazi yo mu butaka azamurwa na pompe. Ni umushinga wahereye ku Kirwa cya Mushungo mu buryo bw’igerageza tuzakurikizaho ikirwa cya Kirehe”.

Muri Nyakanga 2024, hagaragajwe ko mu myaka irindwi yari ishize urwego rw’ibikorwa remezo mu Rwanda rwakozwemo byinshi bigamije kuzamura imibereho myiza y’abaturage aho mu bijyanye no gukwirakwiza amazi meza ku baturage byazamutse bigera kuri 82%.

Muri Gahunda y’Igihugu yo Kwihutisha Iterambere mu myaka irindwi, icyiciro cya mbere NST1, hubatswe inganda 10 mu rwego rwo kongera ingano y’amazi atunganywa ku munsi, aho yavuye kuri meterokibe 182.120 mu 2017 agera kuri meterokipe 329.652 mu 2024.

Abatuye ku Kirwa cya Kirehe bambuka Ikiyaga cya Kivu bajya kuvoma
Ikirwa cya Kirehe gituwe n'abaturage barenga 11OO mu ngo 26
Abatuye ku Kirwa cya Kirehe mu Karere ka Nyamasheke barasaba ko bakwegerezwa ibikorwaremezo by'amazi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .