00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyamasheke: Abatuye ku Kirwa cya Kirehe babangamiwe no kutegerwa n’abayobozi b’akarere

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 12 March 2025 saa 08:28
Yasuwe :

Abatuye ku Kirwa cya Kirehe giherereye mu Kiyaga cya Kivu mu Murenge wa Macuba mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko abayobozi b’aka karere batajya babasura ndetse ko bigira ingaruka zirimo no kuba babura aho batangira ibibazo n’ibyifuzo byabo.

Aba baturage bavuga ibi mu gihe abayobozi bakuru b’Igihugu kugera kuri Perezida wa Repubulika badasiba gusaba abayobozi kwegera abaturage no kubakemurira ibibazo ku gihe.

Abaturage mu Mudugudu ukaba n’Ikirwa cya Kirehe, Akagari ka Rugali mu Murenge wa Macuba bamaranye imyaka myinshi icyifuzo cyo guhabwa umuriro w’amashanyarazi, amazi meza n’umuforomo uhoraho ku ivuriro rya Kirehe ariko kugeza ubu amaso yahereze mu kirere.

Batekereza ko kuba ibi byifuzo byabo bidasubizwa bifitanye isano no kuba abayobozi b’akarere kuva kuri ba Visi Meya na Meya batabasura ngo bamenye ubuzima babayeho.

Barore Pierre yabwiye IGIHE ko Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke uheruka kubasura ari Mukamasabo Appolonie. Uyu Mukamasabo yeguye ku buyobozi bw’Akarere muri Kanama 2023, asimburwa na Mupenzi Narcisse mu Ukuboza 2023.

Barore ati “Undi wagiyeho ntabwo tumuzi, ntabwo araza kutwiyereka, ntituzi n’amazina ye, ntituzi isura ye. Iki giturage dutuyemo ntabwo tuzi Meya w’Akarere n’abamwungirije na bo ntabwo tubazi”.

Uwishema Erasto yavuze ko bigeze kubwirwa ko Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere, Muhayeyezu Joseph Desire arabasura ku kirwa baramutegereza baramubura.

Ati “Visi Meya Desire, baratubwiye ngo aradusura mu nteko y’abaturage, ingoma y’umudugudu iravuga, tureka imirimo yacu tujyayo turamutegereza ntizaya”.

Mugenzi wabo yagize ati “Meya uriho ntabwo tuzi niba ari umugabo cyangwa niba ari umugore. Aje tukamugezaho ibyifuzo byacu, nk’ibyo by’umuriro n’amazi yajya kutubera umuvugizi, kuko atugerera kure aho tutagera”.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mupenzi Narcisse umaze umwaka n’amazi abiri ku buyobozi bw’aka karere, mu kiganiro na IGIHE yavuze ko umuturage w’iki kirwa waba utamuzi ari uwaba atitabira ibikorwa bibera hanze y’ikirwa nk’umuganda n’ibirori bitandukanye.

Mupenzi avuga ko muri gahunda yo kwegera abaturage yabanje gusura buri kagari kuri uku akaba akurikijeho gusura buri mudugudu.

Ati “Abaturage bo ku Kirwa cya Kirehe, dukurikiranira hafi uko babaye ikifuzo n’ibibazo tukabishyira mu byihutirwa. Icyo nabizeza ni uko muri gahunda yo gusura imidugudu ngiye kubashyira mu matariki ya hafi ku buryo mu minsi ya vuba nzabasura”.

Umudugudu wa Kirehe, ugizwe n’ibirwa bibiri Kirehe na Ruzi bituwe n’abaturage 1160 mu ngo 240.

Ikirwa cya Kirehe gituwe n'abaturage barenga 11OO mu ngo 26
Abatuye ku Kirwa cya Kirehe mu Karere ka Nyamasheke babangamiwe no kutegerwaho n'ubuyobozi bw'Akarere
Meya Mupenzi uyobora Akarere ka Nyamasheke yijeje abatuye ikirwa cya Kirehe ko azabasura mu minsi ya vuba

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .