Byabereye mu Karere ka Nyamagabe, Umurenge wa Kibirizi, mu Kagari ka Karambo. Amakuru avuga ko iyi modoka yarenze umuhanda, ikagwa munsi yawo muri metero eshanu.
Umuvugizi wa Polisi, Ishami rishinzwe umutekano wo muhanda, SP Kayigi Emmanuel, yabwiye IGIHE ko hakomeretse abari mu modoka babiri ari bo shoferi n’umufasha, hanangirika imodoka n’inzoga yari ipakiye.
Yongeyeho ko byatewe no gutwara nabi.
Ati “Impanuka yatewe n’imiyoborere mibi y’imodoka. Abashoferi bagirwa inama yo kwirinda uburangare n’andi makosa yose kuko ari yo ateza impanuka.”
Kugeza ubu, abakomeretse barwariye mu Bitaro bya Kigeme, mu Karere ka Nyamagabe.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!