00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyamagabe: Abagore 18 bayobora ingo bagabiwe inka, hashimwa ubutwari bagira mu kwiteza imbere

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 9 March 2025 saa 05:39
Yasuwe :

Imiryango 18 iyoborwa n’abagore yo mu Murenge wa Musebeya, Akarere ka Nyamagabe, yagabiwe inka muri gahunda ya Girinka, ku Munsi Mpuzamahanga w’Umugore, mu rwego rwo kubashyigikira mu iterambere.

Umwe mu bagabiwe witwa Ugizimfura Marie Rose, wo mu Murenge wa Musebeya, mu Kagari ka Kagano, Umudugudu wa Busanza, ni umubyeyi w’abana batatu. Yabwiye IGIHE ko asanzwe ari umuhinzi w’imyaka itandukanye, ariko akaba yagorwaga no kubona ifumbire.

Ati “Kubona ifumbire byandushyaga, byagomberaga gutira inka na bwo ku muntu w’inshuti ikaza mu rugo iwacu ikaribata ibyatsi nko mu gihe cy’ukwezi, kugira ngo tubone ifumbire yo guhingisha, tukongera tukayisubiza.”

Ugizimfura, yakomeje avuga ko ubu yafashe ingamba zo kongera umusaruro w’ibirayi byera cyane muri uwo murenge, akaba yatanze isezerano ko mu mwaka utaha azaba agaragaza impinduka zikomeye ziturutse kuri iyi nka yahawe.

Bangugirake Donatille wo mu Mudugudu wa Bugarama, Akagari ka Rugano, yavuze ko yishimiye iyi ntambwe atejwe yo kongera korora, avuga ko ubusanzwe yari umuhinzi ariko yagorwaga no kubona ifumbire ihagije, ariko ubu agahamya ko ibyo bigeze ku iherezo.

Avuga ko gukorera urugo uri umugore bigira imvune, ariko kubera ko ubuyobozi bw’u Rwanda bwahaye umugore ijambo, bituma aho yerekeje amaboko hose yumvwa na we akabasha kwiteza imbere.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe wungirije Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Habimana Thaddée, yavuze ko igihugu cyashyize imbere guha urubuga umugore mu nzego zose z’ubuzima, kugira ngo na we atange umusanzu we kuko ashoboye.

Ati “Ubuyobozi bw’akarere dukomeje gushyira imbaraga mu mukoro dufite wo korohereza abagore mu bikorwa bibyara inyungu no gukangurira abagore guhinga kijyambere no kongera udushya mu buhinzi, no mu gusaba no guhabwa serivisi z’imari kugira ngo bakomeze kwiteza imbere n’ibindi.”

Depite Mukabunani Christine, wari umushyitsi mukuru, yakanguriye imiryango kurushaho kumva neza akamaro k’uburinganire n’ubwuzuzanye mu gukomeza gutera imbere no kubaka umuryango utekanye, birinda icyawutandukanya icyo ari cyo cyose.

Ati “Hari imvugo zivuga ko ngo hari imiryango igira za karande zo gutandukana, ukumva bavuga ngo uriya aturuka mu muryango ababyeyi be batabanaga n’ubundi, na we ntibizakunda. Izo karande tuzice, tugerageze kurema imiryango myiza kandi iramba.”

Yakomeje asaba abaturage n’abayobozi kumenya imiryango itabanye neza, bakayiha ubufasha bukomatanyije, mu mitekerereze no mu bukungu kugira ngo ive ibuzumu ijye ibuntu, ari na ko barandura ihohoterwa n’ibindi bibazo bidindiza umuryango birimo n’ubukene, agaragaza ko bizanyura mu kubaha ubushobozi butandukanye burimo kubaha inka ngo zibateze imbere mu mata n’ifumbire.

Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore wizihizwaga ku nshuro ya 53 ku Isi ndetse no ku nshuro ya 50 mu Rwanda, ukaba ufite insanganyamatsiko igira iti ‘Umugore ni uw’agaciro.’

Abagore 18 bayobora ingo bagabiwe inka kuri uyu munsi wabahariwe
Ababyeyi bagabiwe inka bahize kuzamura umusaruro no kugira ubuzima bwiza banywa amata
Visi Meya ushinzwe ubukungu mu Karere ka Nyamagabe, Habimana Thaddée, yavuze ko Akarere kiteguye gukomeza gushyigikira iterambere ry'umugore
Umuhuzabikorwa w'Inama y'Igihugu y'Abagore mu Karere ka Nyamagabe, Umumararungu Béatha, yashimye intambwe umugore w'i Nyamaabe agezeho mu myaka isaga 30 ishize
Depite Mukabunani Christine, yasabye abaturage kwimakaza ihame ry'uburinganire kuko ari bwo iterambere ryiyongera mu rugo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .