00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyagatare: Equity Bank yasangiye n’abakiliya bayo, ibereka amahirwe mashya babyaza umusaruro (Amafoto)

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 22 March 2025 saa 03:28
Yasuwe :

Equity Bank Plc yasangiye n’abakiliya bayo bo mu turere twa Gatsibo na Nyagatare, ibasaba kubyaza umusaruro inguzanyo itagira ingwate yagenewe ubworozi aho umukiliya ashobora guhabwa miliyoni 50 Frw.

Ni umusangiro wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Werurwe mu Karere ka Nyagatare aho iyi banki imaze imyaka mike ihafunguye ishami rimaze kugira abakiliya barenga ibihumbi 30.

Uyu musangiro witabiriwe na bamwe mu bakiliya b’iyi banki, abayobozi mu nzego z’ibanze ndetse n’abakozi ba Equity Bank Rwanda. Wanabaye umwanya mwiza wo kuvuga imyato iyi banki ku bakiliya bayo yagiye ifasha kwiteza imbere.

Umuyobozi Mukuru wa Equity Bank Rwanda, Hannington Namara, yavuze ko umuhuro n’abakiliya babo wari ugamije kumva ibyifuzo byabo no gushakira hamwe ibisubizo mu ishoramari no kwagura ubufatanye.

Yavuze ko bagiye kuborohereza mu kubona inguzanyo mu buryo bwihuse, ikindi ni uko bagiye kwagura amashami ku buryo byorohera abaturage kugera kuri iyi banki ahantu hose.

Namara yavuze ko kandi kuri ubu basigaye batanga inguzanyo ya miliyoni 50 Frw nta ngwate ahubwo ari inguzanyo ishingiye ku musaruro umworozi aba agezeho aho bifuza gufasha aborozi mu gukuba inshuro nyinshi umusaruro babona.

Ati “Dufite umwihariko mu mikoranire na Inyange ku buryo umworozi abona amafaranga bikamufasha mu gukuba umusaruro we atari ngombwa ko ajya gushakisha ingwate atanafite.’’

Umuyobozi wa Koperative CODERVAM ihinga umuceri mu Karere ka Nyagatare, Nyirandikubwirama Gaudence, yashimiye Equity Bank Rwanda yabagiriye icyizere ikajya ibaha amafaranga yo kwishyura umusaruro w’abahinzi barenga 4000, avuga ko byatumye babona amafaranga bitagoranye.

Ati “Umusaruro w’umuceri wigeze kubura isoko ahantu hose biba ikibazo ariko twe twegereye Equity Bank baduha inguzanyo ya miliyoni 200 Frw zitagira ingwate, duhemba abanyamuryango bacu ntibagira ikibazo. Turabashimira ko kandi batumye tuba aba Agents kuko bituma hari inyungu twinjiza muri koperative.’’

Umworozi witwa Kabana Damien yavuze ko kuba iyi banki yabemereye inguzanyo ya miliyoni 50 Frw nta ngwate, bizabafasha mu kongera umukamo, kugura ibiryo by’amatungo, kugura inka z’umukamo, guhunika ubwatsi ku buryo umusaruro wikuba kenshi.

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, yashimiye Equity Bank Rwanda kuba iri kwegera abanyamuryango bayo hirya no hino ikanabatega amatwi.

Yavuze ko iyi ntara ari ikigega cy’igihugu mu buhinzi n’ubworozi ari nayo mpamvu hakwiriye ubufatanye mu gufasha aborozi kubona ubwatsi, amazi n’inka zitanga umukamo.

Ati “Ibyo bifuza gukora bihuye na politike ya leta yo kongera umusaruro kuri hegitari ku bihingwa byatoranyijwe, kongera umusaruro duhuje ubutaka, imbaraga umuntu afite zikongerwa n’ibigo by’imari rero ni ibyo gushimirwa cyane kandi natwe nk’ubuyobozi tuzababa hafi tubahuze n’ahagiye haba imbogamizi tuzikemure dufatanyije.’’

Equity Bank Rwanda yiyemeje gufungura ishami mu Karere ka Gatsibo bitarenze muri uyu mwaka. Yijeje abakiliya kongera n’andi mashami muri iyi ntara ku buryo abakiliya bayo babegera kurushaho.

Abakiliya bahawe impano mbere yo gutaha
Abakiliya bahawe umwanya wo gutanga ibitekerezo
Abakiliya basabye ko ikoranabuhanga rishyirwamo imbaraga mu kuborohereza kubona serivisi
Uyu musangiro witabiriwe n'abakiliya benshi b'iyi banki mu turere twa Nyagatare na Gatsibo
Umuyobozi w'Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, yavuze ko Equity Bank Rwanda ari umufatanyabikorwa mwiza ubafasha mu guteza imbere abaturage
Umuyobozi Mukuru wa Equity Bank Rwanda, Hannington Namara, yashimiye abakiliya ba Nyagatare na Gatsibo ku mikoranire myiza bagirana
Guverineri w'Intara y'Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, yijeje ubufatanye Equity Bank
Bamwe mu bakiliya b'indashyikirwa bashimiwe ku mikoranire myiza bagirana na Equity Bank Rwanda
Equity Bank Rwanda yashimiye Akarere ka Nyagatare ku bufatanye bagirana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .