Iki kibazo bakigejeje ku rwego rw’Akarere, Intara ndetse n’Umuvunyi, ariko bemeza ko bataramenya impamvu bimwe ibyangombwa by’ubutaka bwabo.
Umwe muri aba baturage waganiriye na Radio Flash, yagize ati “Ishyamba ni iryanjye ariko banze kumpa icyangombwa cyerekana ko ubutaka ari ubwanjye, aha hantu narahahawe, ahandi narahaguze harimo agashyamba ndabiteranya ariko ntibashaka kubyumva.”
Hari undi wavuze ko “Ikibazo cy’amashyamba rero bamaze gutora abantu bo kugira ngo barebe intambwe buri shyamba rifite, ibyo turabikora tumaze kubikora dutanga ibyangombwa ku murenge no ku karere tumaze kubitanga n’ab’imidugudu bari bahari, tumaze kubitanga turategereza hashize nk’amezi atanu turabaza tubura igisubizo, hashira umwaka, turabaza tubura igisubizo.”
Aba baturage bashimangira ko ari akarengane bakorerwa n’ubwo kugeza ubu bataramenya ubarenganya uwo ariwe, bityo basaba kurenganurwa bagahabwa ibyangombwa by’ubutaka bwabo.
Hari uwavuze ko “Uturenganya niwe tutazi ariko akarengane twarakagize. Mbese ibintu ko tubivuga ntibikorwe kandi koko uko bigaragara turashonje, abana kwiga ni ikibazo, ishyamba rifite hegitari eshatu, riri ahantu ntafitiye icyangombwa.”
Guverineri w’Intara y’Uburasirazuba, Mufulukye Fred, yavuze ko icyo kibazo batari bakizi ariko bagiye kugikurikirana.
Ati “Harimo ibintu bibiri,kuba umuntu yarateye ishyamba ku butaka bwe, cyangwa akaritera ku butaka bwa leta, byombi bifite igisubizo. Icyo kibazo tuzagikurikirana ariko ntabwo twari tukizi.”
Aba baturage kugeza uyu munsi bemerewe gusarura aya mashyamba ariko nta kindi gikorwa bemerewe kuhakorera nko kugurisha cyangwa gutanga ingwate muri banki.
Iki ikibazo kigaragara mu yindi mirenge yo mu karere ka Nyagatare irimo Kiyombe, Gatunda n’ahandi.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!