00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ntabwo twakwihanganira guterwa, Abanyarwanda bakicwa- Senateri Usta Kaitesi ku Burayi (VIDEO)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 5 April 2025 saa 10:27
Yasuwe :

Senateri Usta Kaitesi yatangaje ko mu ngendo bakoreye mu bihugu byo mu Majyaruguru y’u Burayi basanze hari abacurika ikibazo cy’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko babasobanurira impamvu z’ubwirinzi igihugu cyashyizeho.

Muri izi ngendo itsinda ry’Abasenateri ry’u Rwanda ryasuye ibihugu by’i Burayi birimo Denmark, Suède, Norvège na Finland kuva ku wa 10-15 Werurwe 2025.

Iri tsinda ryasobanuriye Abadepite n’abayobozi mu nzego zitandukanye ikibazo cya FDLR iteza umutekano muke ku Rwanda, n’uburyo yagabye ibitero birenga 20 kuva mu 2018, kugeza ubwo ihuriro rya FARDC, FDLR, Wazalendo n’abacanshuro barashe mu Rwanda bakica abantu 16, abandi 177 bagakomereka muri Mutarama 2025 ariko ntihagire igihugu cy’i Burayi kibyamagana.

Senateri Kaitesi yavuze ko igihugu kitakwihanganira “guterwa Abanyarwanda bakicwa kandi igihugu gifite inshingano zo kubarinda.”

Sena y’u Rwanda yashimangiye ko hazakomeza gukorwa ibishoboka byose ngo mu matsinda y’ubucuti no gusurana hagati y’abagize Inteko zishinga amategeko habeho ibiganiro bigamije ko ikibazo cy’u Rwanda na RDC cyumvikana neza.

Senateri Usta Kaitesi yavuze ko bavuye i Burayi ibihugu bimwe bimenye ukuri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .