Uyu mugabo ukurikiranyweho icyaha cya ruswa, ku wa 15 Werurwe 2022, nibwo yakatiwe gufungwa iminsi 30 y’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ruri mu Kagarama, gusa we n’abamwunganira bahise bajuririra icyo cyemezo.
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ruri i Nyamirambo nirwo rwaburanishije ubwo bujurire ruza gusoma icyemezo cyarwo ku wa 8 Mata, nacyo kiza gishimangira ko agomba gukomeza gufungwa kugira ngo Ubushinjacyaha bukomeze gukora iperereza ku cyaha akurikiranyweho.
Nshimyumuremyi wahoze ayobora RHA, akurikiranywe ari kumwe n’uwitwa Mugisha Alexis Emile, ndetse bose Urukiko rwanzuye ko bagomba kuburana bafunzwe.
Aba bagabo bombi bafashwe tariki ya 25 Gashyantare 2022. Bakurikiranyweho kwakira ruswa ya 15.000$ (asaga miliyoni 15 Frw) mu madolari 200.000$ (asaga miliyoni 200 Frw) bari basabye abashoramari.
Ayo mafaranga bari basabye angana na 3% mu isoko abo bashoramari bari bafite kuko ryose rifite agaciro ka miliyari 8 Frw.
Nshimyumuremyi aburana ahakana icyaha ashinjwa kuko avuga ko atari we wafatanywe amafaranga, mu gihe Mugisha yemera icyaha ariko akavuga ko amafaranga yafatanywe yari yayatumwe na Nshimyumuremyi.
Inkuru bifitanye isano: Nshimyumuremyi wayoboraga Rwanda Housing Authority yasabiwe gufungwa by’agateganyo

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!