00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ni umwe mu bakobwa mbarwa batwara imashini zikora mu birombe: Inkuru itangaje ya Nasenge

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 22 March 2025 saa 07:23
Yasuwe :

Nasenge Providence ni umukobwa w’imyaka 26 umaze imyaka itatu atwara imashini izwi nka ‘tractor’ ikoreshwa mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Kirombe cya Rukaragata kiri mu Karere ka Ngororero mu Murenge wa Ngororero.

Ni akazi yatinyutse gukora ubusanzwe kadakorwa n’abakobwa benshi, ahamya ko kamutunze kandi agikomeje urugendo rwo gutera indi ntambwe mu mwuga w’ubushoferi bw’imashini

Yavukiye mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali ariko ubu akora muri Sosiyete y’Abongereza yitwa PowerM icukura amabuye y’agaciro ya Gasegereti na Coltan mu Ngororero.

Aho akora ni we mukobwa wenyine uhakora akazi ko gutwara imashini, dore ko mu bashoferi bane bazo bakora muri icyo kirombe abagera kuri batatu ari abagabo.

Aganira na IGIHE yavuze ko icyamuteye imbaraga zo kujya gushaka ‘permit’ yo gutwara imashini ari undi mugore ukora ubushoferi muri sosiyete itwara abantu ya RITCO.

Ati “Narebeye kuri mugenzi wanjye w’umudamu watwaraga RITCO ndareba ndavuga nti ‘niba uriya ari umudamu kuki njye bitakunda’. Nagize amahirwe mbona n’ishuri hafi njya kubyiga mbona ndabimenye.”

Nasenge avuga ko ubu atewe ishema n’ibyo akora gusa ko yabanje kugorwa n’abantu bashakaga kumuca intege bumva ko nta mukobwa watwara imashini atwara ariko kuko yakomeje kwigaragaza nk’umuntu ubifitiye ubushobozi bageze aho barabyakira.

Avuga ko mu gutwara iyo mashini ibyo abahungu bakora byose na we abikora kandi ko ari akazi kamuha imibereho ya buri munsi akabasha kwiteza imbere ndetse ko urugendo rwe mu gutwara imashini rugikomeje.

Ati “Ubu maze kubona ‘categories’ ebyiri zo gutwara imodoka ariko ndumva na ziriya ‘categories’ zose zisigaye nshaka kuzigeraho ku buryo na njye mba umukobwa w’icyitegererezo buri wese areberaho.”

Nasenge atinyura bagenzi be abasaba kwigirira icyizere no gutinyuka imyuga imenyerewe kuri basaza babo kuko ubu na bo bishoboka.

Ati “Ku bakobwa birashoboka ikintu cya mbere ni ubushake ukumva ko ikintu cyose ushaka gukora ugikunze. Nta byo kwitinya bisaba kumva ko ikintu cyose umuhungu akora na we yagikora.”

Urwego rw’Igihugu rushinzwe guteza imbere Tekinike, Imyuga n’Ubumenyingiro (RTB) rugaragaza ko magingo aya, abakobwa biga amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro mu Rwanda bageze kuri 43% by’abayiga bose.

Ni mu gihe mu 2023 umubare w’abakobwa biga ayo masomo wari uri kuri 15%.

Nasenge Providence w'imyaka itatu atwari imashini ifasha gucukura amabuye y'agaciro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .