00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ni imyaka 20 y’intsinzi - Shami Elodie yagarutse ku musaruro w’Inkubito z’Icyeza

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 24 May 2025 saa 11:35
Yasuwe :

Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation, Shami Elodie, yagaragaje ko urugendo rw’imyaka 20 ya gahunda y’Inkubito z’Icyeza rwabaye urw’intsinzi no gushyigikira iterambere ry’uburezi bw’abana b’abakobwa.

Yabigarutseho ubwo habaga igikorwa cyo kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 Inkubito z’Icyeza itangijwe. Ni gahunda yatangijwe mu 2005 hagamijwe gushyigikira uburezi bw’umwana w’umukobwa binyuze mu guhemba abana batsinze neza mu byiciro bisoza amashuri abanza, icyiciro rusange n’ayisumbuye.

Shami Elodie yavuze ko urwo rugendo rwaranzwe n’intsinzi ikomeye yo gushyigikira uburezi bw’umwana w’umukobwa.

Ati “Imyaka 20 y’intsinzi kandi y’iterambere. Uyu munsi turizihiza abakobwa b’Inkubito z’Icyeza, Intwari cyane.”

Yashimangiye kandi ko iyo gahunda yagaragaje ko abana b’abakobwa bashoboye iyo bahawe amahirwe nta kibananira.

Ati “Twifuzaga ko umwana w’umukobwa akura azi ko ashoboye kandi twabonye ko iyo abonye amahirwe ayabyaza umusaruro.”

Yakomeje ati “Kwita ku burezi bw’umwana w’umukobwa ni umusingi w’iterambere ry’igihugu ni yo mpamvu natwe nk’umuryango Imbuto Foundation twahagurutse dufatanya n’ababyeyi, abarimu n’abafatanyabikorwa batandukanye kugira ngo buri mwana w’umukobwa abashe kwiga, gukura no kugera kure hashoboka.”

Yashimye ababyeyi bemera gushyigikira abana kugera ku ntego zabo no kugendana nabo muri urwo rugendo.

Shami kandi yagaragaje ko hari imbogamizi ababyeyi n’abarezi bahura nazo ariko bagenda bishakamo ibisubizo mu gukomeza guharanira gutanga uburezi bukwiye.

Yasabye abanyeshuri b’Inkubito z’Icyeza gusigasira igihango cy’iryo zina bahawe, abasaba gukomeza kwihesha agaciro.

Ati “Ni igihamya ko umwana w’umukobwa ashoboye, ko afite imbaraga zirenze izo akenshi abantu bamwitirira, mukomeze kwihesha agaciro mwiga neza mwagura indoto zanyu. Mukomeze mube intangarugero mu myitwarire yanyu, mu mitekerereze yagutse kandi mwitabire amahirwe yose yabafasha kwiteza imbere."

Yangeyeho ati “Turabizera, turabifuriza ibyiza kandi turabashyigikiye mukomeze kuba igisubizo cy’uyu munsi n’ejo hazaza h’u Rwanda.”

Dr. Kayesu Janet uri mu bahembwe nk’Inkubito y’Icyeza, yagaragaje ko yakuranye inzozi zo kuba umuganga kuva kera kandi kuri ubu yabigezeho aherekejwe na Imbuto Foundation yamuhembye ku nshuro ya mbere mu 2010.

Ati “Imbuto Foundation yatubereye ingobyi, yatubereye umubyeyi, idufata akaboko, iraduherekeza ituma turota, turagenda tugera kuri izo nzozi ziba impamo ubu ndi hano ndi igihamya cy’uko bishoboka.”

Yagaragaje ko guhembwa na Madamu Jeannette Kagame byamuteye ishema ndetse n’imbaraga zo gukora cyane mu myaka yakurikiyeho.

Yishyuriwe na Imbuto Foundation mu mashuri yisumbuye binyuze muri gahunda ya Edified Generation na we yiga neza kuko yari atewe ishema no kuba Inkubito y’Icyeza.

Yasabye bagenzi be n’abanyeshuri bakiri inyuma kugira umuhate, gukora cyane no guharanira kugera ku ntego.

Umuyobozi Ushinzwe Ishoramari mu Rwego rw’Igihugu rw’Iterambere, Michelle Murungi, yashimye ko yavutse mu gihugu giha amahirwe abana b’abakobwa.

Ati “Kwigirira icyizere, ntimukagire ubwoba bw’inzozi zanyu, ntimukemere ko hari umuntu n’umwe ubabuza kugira icyerekezo mwumva mwifuza. Rimwe na rimwe kugira ukwemera gukabije bishobora kukugeza kure.”

Yashimye Imbuto Foundation yatekereje ko uburezi bw’umwana w’umukobwa bwashyigikirwa, nabo bagahabwa amahirwe.

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée, yasangije abitabiriye icyo gikorwa urugendo rwe guhera mu mashuri yisumbuye anashima uruhare rukomeye Imbuto Foundation yagize mu iterambere ry’uburezi bw’umukobwa.

Yabasabye kuba indashyikirwa mu mico no mu myifatire.

Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louis Mushikiwabo ni umwe mu bitabiriye iki gikorwa
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Uburezi, Irere Claudette
Aba bakobwa basabwe gukomeza kurangwa n'imico n'imyitwarire myiza
Inzego z'umutekano zari zihagarariwe
Abagera ku 2000 bitabiriye iki gikorwa
Uru rubyiruko rwari rwishimye
Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr. Diane Karusisi
Senateri Usta Kaitesi mu bayobozi bitabiriye iki gikorwa
Umuhanzi Alyn Sano yitabiriye icyo gikorwa
Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation, yashimye urugendo rw'imyaka 20 rwa gahunda y'Inkubito z'Icyeza
Abakobwa bagararijwe ko bashoboye basabwa kubyaza umusaruro amahirwe bashyiriweho

Amafoto: Kwizera Herve


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .