00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ngoma: Batatu batawe muri yombi bakekwaho gutemagura inka z’umuturage

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 26 February 2025 saa 01:56
Yasuwe :

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yamaze guta muri yombi abantu batatu bakekwaho gutemagura inka esheshatu z’umuturage wo mu Karere ka Ngoma bazisanze mu rwuri.

Byabaye mu ijoro ryo ku wa 25 Gashyantare 2025 mu Mudugudu wa Cyurusambu mu Kagari ka Kigoma mu Murenge wa Jarama wo mu Karere ka Ngoma.

Aba bantu biraye mu nka bazisanze mu rwuri barazitemagura, zimwe zirapfa izindi bazitema amaguru barayatwara.

Inzego z’ibanze zatangaje nyir’inka yageze mu rwuri rwe mu gitondo agasanga inka esheshatu ziryamye hasi harimo izapfuye n’izaciwe amaguru, ahita atangira kwitabaza ubuyobozi ndetse n’abaturanyi.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma bubinyujije ku rukuta rwa X, bwatangaje ko buri gukurikirana iby’ubu bugizi bwa nabi.

Buti "Iki kibazo twakimenye ku bufatanye n’izindi nzego turimo kugikurikirana kugira ngo abagize uruhare muri ubu bugizi bwa nabi bafatwe bashyikirizwe ubutabera bakurikiranwe."

Polisi y’u Rwanda ibinyujije ku rubuga rwa X yatangaje ko abantu batatu bakekwaho kugira uruhare muri ibi byaha batawe muri yombi.

Iti "Ibi byabaye mu ijoro ryakeye kandi twatangiye kubikurikirana ndetse n’abacyekwa batatu bamaze gufatwa, bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Jarama mu gihe ipereza rigikomeje."

Kugeza ubu ntiharamenyekana impamvu nyakuri yatumye abagizi ba nabi birara mu nka z’umuturage bakazitema.

Inka esheshatu z'umuturage w'i Ngoma zatemaguriwe mu rwuri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .