00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ngoma: Abagore bahawe ibirimo inka mu kwizihiza umunsi wabahariwe

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 9 March 2025 saa 09:33
Yasuwe :

Abagore bo mu Karere ka Ngoma bishimiye korozwa inka n’andi matungo magufi, abandi bishimira guhabwa ibiribwa, ibitenge n’ibigega bifata amazi.

Ni mu birori byabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 8 Werurwe 2025, ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore. Ku rwego rw’Akarere ka Ngoma wizihirijwe mu Kagari ka Gahima mu Murenge wa Kibungo, witabwirwa n’Abasenateri ndetse n’Abadepite.

Ni umunsi wari wuje akanyamuneza kuko imiryango icumi yahise yemera gusezerana imbere y’amategeko mu gihe imiryango ibiri yahawe inka, indi miryango icumi ihabwa ibigega by’amazi, amatsinda icyenda yo yahawe ibigega 16 bibafasha guhunika umusaruro bikaba byatanzwe binyuze mu mushinga JPRWEE.

Muri ibi birori kandi umuryango w’aba- Guides mu Rwanda woroje imiryango ibiri y’abagore ihene, unabaha ibiribwa bitandukanye. Hatanzwe kandi ibitenge ku bagore batishoboye, hanakorwa ubukangurambaga bugamije kurwanya ihohoterwa rikorerwa abangavu.

Iradukunda Olive utuye mu Mudugudu wa Bwiza mu Kagari ka Cyasemakamba, yavuze ko kuri uyu munsi Mpuzamahanga w’umugore yishimira iterambere yagezeho binyuze mu buhinzi bw’amashu, karoti n’intoryi.

Ati “Bwa mbere JPRWEE bampuguye ku kuntu nahinga imboga kandi zigatunga umuryango wanjye, nahereye ku karima gato mpingamo amashu nkuramo 9500 Frw, nyuma y’aho naraguye nkora ubuhinzi bw’umwuga ku buryo mbonamo inyungu y’ibihumbi 2oo Frw mu gihe gito, ni ibyo kwishimira rero.’’

Umubyeyi Françoise wahawe ikigega cy’amazi yavuze ko yishimiye ko kigiye kumufasha kujya abika amazi amufashe mu kuhira uturima twe tw’igikoni bitume arya imboga nziza.

Ati “Ikindi kizamfasha kutongera kubura amazi kandi rwose ndashimira Leta iba yatwitayeho.’’

Mukamurenzi Mereciana utuye mu Mudugudu wa Gasoro mu Kagari ka Gahima mu Murenge wa Kibungo wahawe ihene n’ibindi biribwa yagize ati “Ntabwo nari nsanzwe noroye none aba ba-Guides bampaye ihene, Imana ibahe umugisha kandi inawuhe igihugu cyacu cyo cyadusubije icyubahiro, ndabizeza ko umwaka utaha izaba yaramfashije kwiteza imbere.’’

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’umuryango w’aba-Guides mu Rwanda, Prudencienne Kamabonwa, yavuze ko bahaye amatungo magufi abagore mu rwego rwo kubashyigikira no kubafasha kwiteza imbere kuko ubuyobozi bwiza bwabahaye ijambo.

Senateri Nyirasafari Espérance wari witabiriye ibi birori yashimiye imiryango icumi yemeye gusezerana imbere y’amategeko, asaba abagore gukora bakiteza imbere kuko izari inzitizi zose Leta y’u Rwanda yazikuyeho.

Ati “Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, twagiraga amategeko yahezaga abagore mu buryo bwanditse cyangwa akagusumbanisha n’umugabo. Ibyo rero ubuyobozi bwacu bwiza bwabivanyeho ubu nta tegeko na rimwe rishobora gusumbanyisha umukobwa n’umuhungu, nta mukobwa wazunguraga ariko ubu amategeko yarabikemuye.’’

Senateri Nyirasafari yibukije abagore ko bashoboye ari na yo mpamvu bakwiriye guhagurukira gukemura amakimbirane yo mu muryango kugira ngo abato babyiruka bakurire mu ngo nziza zitarimo ayo makimbirane.

Abagore batejwe imbere no guhinga imboga n'imbuto bagaragaje uburyo bari gukirigita ifaranga
Abana bo mu Karere ka Ngoma bahawe amata nk'ikimenyetso cyo kubifuriza gukura neza
Imiryango 10 yasezeranye mu mategeko yakorewe ibirori
Umuyobozi w'Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, yavuze ko kubera ubuyobozi bwiza umugore asigaye agaragara mu nzego zose zifata ibyemezo
Senateri Nyirasafari yavuze ko abagore bishimira ko ubuyobozi bwiza bwabahaye ijambo
Aba-Guides batanze ihene zo korora ku miryango itishoboye
Umuryango w’aba-Guides wifatanyije n’abagore b’i Ngoma mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .