00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Musenyeri Kayinamura yasabye abavugabutumwa kongera inyigisho zamagana ingengabitekerezo ya Jenoside

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 12 December 2024 saa 09:40
Yasuwe :

Umushumba Mukuru w’Itorero Eglise Methodiste Libre mu Rwanda, EMLR, akaba n’umushumba waryo ku rwego rw’Isi, Musenyeri Samuel Kayinamura, yagaragaje ko ari ikibazo gikomeye kuba nyuma y’imyaka 30 ingengabitekerezo ya Jenoside yongeye gufata indi ntera, asaba abapasiteri b’iri torero kongera inyigisho ziyamagana.

Uyu ni umwe mu nyanzuro 32 yafatiwe mu nama nkuru ngarukamwaka. Iy’uyu mwaka yatangiye tariki 6 igera tariki 8 Ukuboza 2024.

Ni inama ibaye mu gihe ingengabitekerezo ya Jenoside yongeye kwiyongera mu Banyarwanda, aho abarokotse Jenoside batanu bishwe mu mezi atatu mu turere dutandukanye mu buryo bugaragaramo ingengabitekerezo ya Jenoside.

Musenyeri Kayimanura Samuel yavuze ko iki kibazo cy’ingengabitekerezo ya Jenoside bakiganiriyeho banafata umwanuro wo kongera imbaraga mu nyigisho zo kuyamagana.

Ati “Icyo rwose tugishyizemo imbaraga nyinshi kandi cyavuzweho cyane muri iyi nama. Irimo irakwira hirya no hino turabyumva mu bitangazamakuru bitandukanye, ukumva abantu bavuze amagambo yuzuyemo ingengabitekerezo ya Jenoside, bishe uwayirokotse, undi ukumva ngo yatemewe itungo, yaranduriwe imyaka n’ibindi nk’ibyo’’.

Musenyeri Kayinamura yavuze ko nubwo nta mukirisito wa EMLR uragaragaraho ingengabitekerezo ya Jenoside basanze ari ngombwa kuyikumira kuko mu nshingano z’itorero harimo guharanira ubumwe bw’abakirisito kandi abakirisito akaba aribo baturage.

Ati "Mu itorero ryacu ntawe turayumvaho. Turasabwa gukumira, baba abakirisito, baba abapasiteri barimo n’abasengewe uyu munsi, babaye abapasiteri buzuye, baharanire kuba umwe bakumira icyabazanamo amacakubiri cyose.’’

Indi myanzuro yafatiwe muri iyi nama yabereye muri conference ya Kibogora mu Karere ka Nyamasheke harimo igamije iterambere ry’abakirisito mu buryo bw’ubukungu, umwuka, n’imibereho myiza.

Mushimiyimana Jeanne usengera muri iri torero yashimye kuba hagiye gushyirwa imbaraga mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ati "Nta mukirisito muzima wakwifuza gusubiza Abanyarwanda aho bavuye. Ni yo mpamvu nk’uko Musenyeri yongeye kubitubwira mu rusengero, tugomba kwamagana uwo ari we wese wagarura ibitekerezo bitanya abantu. Abakirisito bakwiye kuba inshuti, bagasangira, bakaba umwe. Nta mukirisito ukwiye kuvugwaho ingengabitekerezo ya Jenoside".

Umuvugizi wungirije wa Conference ya Kibogora, Rév.Ukizebaraza Léon Emmanuel yavuze ko impanuro bahawe na Musenyeri Kayinamura zo kwamagana ingengabitekero bagiye kuzimanura bakazigeza ku bakirisito b’itorero.

Ati "Muri komisiyo tugira mu rwego rwa conference no mu maparuwase tugiramo iyo gukumira no kurwanya amakimbirane ndetse n’ubumwe n’ubudaheranwa, kuko itorero ridafite ubumwe ntirishobora gutera imbere ingengabitekerezo ya Jenoside irasenya ntabwo yubaka".

Itorero Methodiste libre mu Rwanda ryatangiriye i Kibogora mu 1942. Conference ya Kibogora ikorera muri imwe mu mirenge y’akarere ka Nyamasheke ifite ibikorwa birimo ibikorwa birimo kaminuza ya Kibogora polytechnic, ibitaro bya Kibogora, paruwasi 23 zirimo abakirisito hafi 47.000, insengero 106, ibigo by’amashuri birenga 20 n’Ibiho Nderabuzima 3.

Itorero EMLR muri conference ya Kibogora ryungutse abapasiteri batanu bashya barimo umugore umwe
Abapasiteri biyemeje kongera inyigisho zirwanya ingengabitekerezo ya Jenoside
Ibigo na paruwasi zitwaye neza mu guhigura imihigo bahize bahawe ibihembo
Umushumba mukuru wa EMLR yamaganye ingengabitekerezo ya Jenoside ikomeje kugaragara mu baturage

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .