00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mudasobwa 86 zibwe mu mashuri (Video)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 27 June 2025 saa 09:49
Yasuwe :

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’Ibanze, REB, cyatangaje ko mudasobwa 86 zibwe mu bihe bitandukanye, mu gihe izimaze kugaruzwa ari 14 gusa.

Byagarutsweho ku wa 27 Kamena 2025, ubwo REB yisobanuraga ku makosa yagaragaye muri raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka warangiye muri Kamena 2024.

Komisiyo ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu (PAC) yagaragaje impungenge za mudasobwa zibwe mu mashuri, igaragaza ko bikoma mu nkokora gahunda yatumye zitangwa.

Umuyobozi Ushinzwe Ikoranabuhanga muri REB, Sengati Uwasenga Diane, yavuze ko mudasobwa zibwe bagerageza kuzigaruza.

Ati “Muri mudasobwa 86 zibwe 14 ni zo zimaze kugaruzwa, ariko twari twarakozwe n’inama zitandukanye n’abayobozi b’amashuri.”

Muri GS Kayonza bibyemo ebyiri, abazamu bakaba ari bo bategetswe kuzishyura, na ho Mukarange hibwe 24 ariko hishyurwa 11.

I Nyabihu hibwe mudasobwa 30 ariko hishyuwe mudasobwa ebyiri gusa.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .