00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mu 2024 hakozwe imirimo ifite agaciro k’asaga miliyari 22,8 Frw binyuze mu Muganda

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 21 February 2025 saa 12:42
Yasuwe :

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yatangaje ko ibikorwa byakozwe binyuze mu Muganda mu 2023/2024 bibarirwa agaciro k’arenga miliyari 22,8 Frw, bivuze ko agaciro k’ibyo bikorwa kikubye inshuro zirenga eshanu kuva mu myaka 17 ishize.

MINALOC igaragaza ko umuganda mu bihe bitandukanye wagiye ugira uruhare mu mibereho myiza y’abaturage, ubusabane n’iterambere ry’ubukungu binyuze mu bikorwa binyuranye byagiye bikorwa.

Ibyo bikorwa birimo kubaka ibikorwaremezo by’ubuvuzi nk’ibigo nderubuzima, ibyumba by’amashuri, guhanga no gusana imihanda, kubaka no gusana amacumbi y’abatishoboye, kubaka inzu inzego za leta zikoreramo nk’ibiro by’imirenge, utugari, aho polisi ikorera n’ibindi.

Imibare ya MINALOC yagiye hanze mu 2025 igaragaza ko mu mwaka w’ingengo y’imari ushize warangiye ku wa 30 Kamena 2024 mu Rwanda hakozwe ibikorwa bitandukanye by’umuganda byose hamwe bifite agaciro ka 22.865.855.703 Frw.

Mu by’ingenzi byabazwe harimo hegitari 66.957 zaciweho amaterasi y’indanganire, hubakwa inzu z’abatishoboye 32.221 ndetse hubakwa n’ubwiherero bw’abatishoboye 95.570.

Muri uwo mwaka kandi hasanwe imihanda y’imigendererano ifite uburebure bw’ibilometero 39.502 ndetse hubakwa ibiraro 13.399 n’ibindi bikorwa bitandukanye.

MINALOC kandi igaragaza ko umuganda ugenda utera intambwe kuko nko mu 2007 agaciro kawo kabarirwaga 4.112.943.849 Frw ni ukuvuga ko kikubye inshuro zirenga eshanu kugeza muri Kamena 2024.

Ni muri urwo rwego iyo ministeri isaba Abanyarwanda gukomeza kwitabira ibikorwa by’umuganda kuko ari ukwiyubakira Igihugu.

Buri cyumweru cya nyuma cy'ukwezi mu Rwanda haba umuganda rusange mu gihugu hose
Abanyarwanda bamaze kumenyera Umuganda na cyane ko ari kimwe mu bisubizo u Rwanda rwishatsemo, gitanga umusaruro ku bukungu bw'igihugu
Mu Muganda hakorwamo ibikorwa bitandukanye harimo n'ibigamije kurengera ibidukikije

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .