00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

MTN Rwanda igiye kongera gushimira abakiliya bayo binyuze muri “Izihirwe”

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 27 Mutarama 2023 saa 05:35
Yasuwe :

Sosiyete y’Itumanaho, MTN Rwanda, yagaruye poromosiyo ya Izihirwe aho biteganyijwe ko miliyoni 100 z’amafaranga y’u Rwanda azahabwa abanyamahirwe bagera kuri 700.

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 27 Mutarama 2023, nibwo MTN Rwanda yongeye gutangiza iyi poromosiyo mu gikorwa cyo kwizihiza imyaka 25 iyi sosiyete y’itumanaho imaze ikorera mu Rwanda.

Iyi poromosiyo yatangijwe abakozi ba MTN basabana n’abafatanyabuguzi babo aho babazaga ibibazo bitandukanye ubisubije agahabwa ibihembo.

Ubuyobozi bwa MTN Rwanda bwatangaje ko Izihirwe na MTN ari gikorwa ngarukamwaka ndetse ibaye ku nshuro ya kane.

Bwavuze ko bwayiteguye mu rwego rwo gushimira abakiliya bakoresha umurongo wa MTN Rwanda mu kubereka ko bari kumwe kandi babazirikana.

Kwinjira muri iyi poromosiyo nta kiguzi bisaba. Uwifuza kuyijyamo asabwa gukanda *456*25# maze agakurikiza amabwiriza.

Izihirwe na MTN Rwanda izamara amezi 10 aho izahemberwamo abanyamahirwe bagera kuri 700. Ihembo birimo amafaranga n’amayinite yo guhamagara na interineti ndetse biteganyijwe ko hari n’ibindi bihembo bitatu nyamukuru bikomeye bizatangwa igiye kurangira, byose hamwe bikazaba bifite agaciro ka miliyoni 100 z’amafaranga y’u Rwanda.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa byo kwamamaza muri MTN Rwanda, Desire Ruhinguka, yagize ati “ Uyu mwaka urakomeye kuri MTN Rwanda kuko tumaze imyaka 25 dutangiye gukorera mu Rwanda ibikorwa nyabyo byo kwizihiza iyo sabukuru bizakomeza biza mu minsi iri imbere ariko uyu munsi icyo twatangiranye ni igikorwa cyo kwizihirwa hamwe n’abafatabuguzi bacu bakoresha imirongo ya MTN.”

Yakomeje avuga ko mu byumweru 10 iyi poromosiyo izamara MTN Rwanda bazatanga impano zitandukanye zirimo amafaranga aho ku munsi bazajya batanga ibihumbi 500 Frw.

Umuturage witwa Maniraho Jean Paul, yabwiye IGIHE ko bishimiye ko MTN Rwanda yabashyiriyeho iyi poromosiyo kuko hari abo ikura mu cyiciro bari barimo ikabashyira mu kindi.

Ati “ Wabura kubyishimira ute koko none se nk’ubu ko ndi mu cyiciro cya gatatu ntomboye miliyoni eshanu koko naguma mu cyiciro ndimo cyangwa ubuzima bwanjye bwahinduka?”

Mu myaka 25 MTN imaze ikorera mu Rwanda imaze kugira abafatabuguzi bagera kuri 6,8.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa byo kwamaamza muri MTN Rwanda, Desire Ruhinguka
Ni igikorwa cyari cyitabiriwe n'abantu batandukanye
Kibonge na we ari mu bitabiriye iki gikorwa
MC Buryohe na we yitabiriye umuhango wo gutangiza iyi poromosiyo
UMusifuzi mpuzamahanga, Mukansanga Salima yari yitabiriye itangizwa rya "Izihirwe"
Kibonge na Papa Sava bakinnye umukino ugaragaza akamaro ka "Izihirwe"
MTN Rwanda yabazaga ibibazo abafatabuguzi bayo usubije neza agahabwa uburenganzira bwo gufata kuri aya mafaranga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .