00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri Nduhungirehe yashyikirije Perezida mushya wa Namibia impano yagenewe n’u Rwanda

Yanditswe na IGIHE
Kuya 22 March 2025 saa 11:26
Yasuwe :

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, yashyikirije Perezida mushya wa Namibia impano yagenewe n’u Rwanda mu birori by’irahira rye ryahuriranye n’isabukuru y’imyaka 35 iki gihugu kibonye ubwigenge.

Nduhungirehe yari ahagarariye Perezida Kagame muri uwo muhango. Yagejeje kuri Dr. Netumbo Nandi-Ndaitwah, Perezida mushya wa Namibia, ubutumwa bwa Perezida w’u Rwanda ndetse anamuha n’impano.

Ni impano iriho ifoto y’abakaraza mu kugaragaza umuco gakondo w’u Rwanda.

Netumbo Nandi-Ndaitwah ni we Perezida wa mbere w’umugore uyoboye Namibia ndetse ni uwa kabiri uyobora igihugu muri Afurika nyuma ya Samia Suluhu Hassan wa Tanzania.

Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko Nandi-Ndaitwah yatangiye guharanira uburenganzira bw’igihugu cye agifite imyaka mike aho yabaga muri Tanzania, ndetse ko yaharaniye uburenganzira bw’abagore mu buryo bukomeye.

Ati “Itorwa rye ni ikimenyetso gikomeye cy’intambwe yateye ndetse ni umunsi w’amateka muri Namibia.”

Netumbo Nandi-Ndaitwah aherutse gutangaza ko ubuyobozi bwe nibugenda neza, buzaba icyitegererezo no ku bandi, ariko nibiramuka bitagenze neza, bizitirirwa ko ari umugore.

Ati “Nibiramuka bigenze neza, bizaba ari urugero rwiza, ariko nihagira ikintu kitanoze kiba, nk’uko bisanzwe bigenda mu bundi buyobozi bw’abagabo, hari abazavuga bati, murabona abagore!”

Nandi-Ndaitwah w’imyaka 72 y’amavuko, yatsinze amatora n’amajwi 58%.

Minisitiri Nduhungirehe ari kumwe na Ambasaderi w'u Rwanda muri Namibia, Emmanuel Hategeka, bashyikirije impano Perezida Dr. Netumbo Nandi-Ndaitwah
Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga, Olivier Nduhungirehe, yashimiye Dr. Netumbo Nandi-Ndaitwah watorewe kuyobora Namibia
Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko Dr. Netumbo Nandi-Ndaitwah yaranzwe no guharanira uburenganzira bw'abagore

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .