00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje ibiganiro nk’umuti w’ikibazo cy’intambara muri RDC

Yanditswe na Nshimiyimana Jean Baptiste
Kuya 24 February 2025 saa 12:56
Yasuwe :

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko umuti w’ikibazo cy’intambara imaze imyaka mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wavuguswe n’Abakuru b’Ibihugu bya EAC na SADC, ugahabwa umugisha n’inzego zose za Afurika Yunze ubumwe (AU), udakwiye guteshwa agaciro n’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi.

Yabigarutseho mu butumwa yanyujije kuri konti ya X, bugaragaza intambwe zimaze guterwa mu gushakira amahoro Uburasirazuba bwa RDC.

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yasubiza uwagaragaje impungenge ku kibazo ku bisubizo byashyizweho n’inzego za Afurika mu gushakira umuti ikibazo cya RDC.

Yagaragaje ko imyanzuro y’inama yabaye ku wa 8 Gashyantare 2025, yemejwe n’Akanama k’Amahoro n’Umutekano ka Afurika Yunze Ubumwe (AU), n’Inteko rusange y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma ya AU yo ku wa 15-16 Gashyantare ikayiha umugisha.

Yanashimangiye ko Inama y’Abagaba Bakuru b’Ingabo yabereye i Nairobi ku wa 21 Gashyantare, yari igamije kwigira hamwe imyanzuro mu rwego rwa tekinike, izahurizwaho n’Abagaba Bakuru b’Ingabo muri EAC na SADC mu gukemura iki kibazo.

Minisitiri Nduhungirehe yanavuze ko kuri uyu wa 24 Gashyantare habaye Inama y’Abagaba Bakuru b’Ingabo i Dar es Salaam igamije “gutanga umurongo ku byerekeye guhagarika imirwano, gufungura ikibuga cy’indege cya Goma n’uburyo bwo korohereza ibikorwa by’ubutabazi.”

Uyu muyobozi yavuze ko mu mpera z’icyumweru hateganyijwe inama yo ku rwego rwa ba minisitiri b’ububanyi n’amahanga izafata icyemezo kuri raporo y’abagaba bakuru b’ingabo ikanashyiraho “umurongo w’ibiganiro bya politike binyuze mu biganiro bya Nairobi na Luanda byahurijwe hamwe.”

Ati “Iyi nzira iyobowe n’Abanyafurika ijyanye n’ihame ryacu rivuga ngo ‘ibibazo bya Afurika bikemurwa n’ibisubizo by’Abanyafurika’ kandi twizeye ko nta bikorwa by’abo mu Burengerazuba bw’Isi bishobora kuyitesha agaciro.”

Hashize iminsi u Burayi na Amerika bikangisha u Rwanda ibihano kubera ibibazo by’intambara yayogoje Uburasirazuba bwa RDC, ariko Perezida Kagame yabwiye Jeune Afrique ko aho kugira ngo igihugu kibure umutekano, cyahabwa ibihano.

Ati “Ibihugu bimwe bifite uruhare muri iki kibazo, nk’Ababiligi n’Abadage bahoze ari Abakoloni, bari kudutera ubwoba bitwaje ibihano kuko ndi guharanira uburenganzira bwanjye. Barumva ko bantera ubwoba? Byumvikane neza: aho guhitamo hagati y’ibibangamira umutekano no gufatirwa ibihano, nafata intwaro nkahangana n’ibigamije kungirira nabi ntitaye ku bihano.”

Imyanzuro yafashwe mu bihe bitandukanye kuri iki kibazo isaba impande zishyamiranye kuganira mu buryo butaziguye, harimo n’uko M23 igomba kuganira na RDC, umutwe w’iterabwoba wa FDLR ugasenywa ariko Leta ya Kinshasa yatsembye ko itazaganira na M23. Biranagoye kandi ko yagira uruhare mu gusenya FDLR mu gihe abarwanyi bayo bafatanya n’ingabo za Leta ku rugamba.

Umutwe wa M23 wongeye kubura intwaro nyuma yo kubona ko leta ya RDC yirengagije inshingano zo kurindira umutekano abaturage bayo, cyane cyane abatuye mu bice by’Uburasirazuba bw’igihugu bakunze guhohoterwa ariko ntibatabarwe.

Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje ko ibisubizo Abanyafurika bashakira ibibazo byabo nta wukwiye kubitesha agaciro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .